N’ubwo yari yabonye itike yo kuzakina Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya mbere y’umwaka utaha [Rwanda Women’s Super League], Gakenke Ladies yanegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri [Rwanda Women’s Championship].
Ni igikombe yegukanye nyuma yo gutsinda Rambura WFC ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Nyabihu aho Rambura isanzwe yakirira.
Aya makipe yombi yamaze kuzamuka, atozwa n’abahoze bakina ruhago y’abagore yaba mu makipe baciyemo ndetse no mu ikipe y’Igihugu [She-Amavubi].
Rambura WFC yari mu rugo, itozwa na Uwineza Nadia wakiniye izirimo AS Kigali WFC, APR WFC n’ikipe y’Igihugu mu gihe Gakenke Ladies itozwa na Murekatete Hamida wakiniye izirimo APR WFC n’ikipe y’Igihugu.
Uyu mukino wanitabiriwe n’abaturage benshi bo mu Karere ka Nyabihu, wanarebwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, Bonnie Mugabe, Komiseri Ushinzwe Amarushanwa muri iri Shyirahamwe, Eng. Niyitanga Désire n’abandi bayobozi b’Akarere ka Gakenke barimo Meya wako, Mukandayisenga Vestine.
Uyu mukino utagoye Gakenke Ladies, yatsindiwe na Manishimwe Louise na Nishimwe Immaculée watsinze ibitego bibiri mu gihe Rambura WFC yo yatsindiwe na Umutuzo Justine.
Abanya-Gakenke bari basazwe n’ibyishimo, bahise begukana igikombe cya Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Kabiri [Rwanda Women’s Championship], inahembwa Miliyoni 10 Frw.
Gakenke Ladies yegukanye iki gikombe idatsinzwe umukino n’umwe kuko yanganyije ibiri gusa ya Just Sports WFC [umukino ubanza] n’uwa Greenland WFC.
Hamida wazamuye iyi kipe akanayihesha Igikombe, yabikoraga ku nshuro ya kabiri nyuma yo kubikora muri APR WFC.










UMUSEKE.RW
