Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagiriye uruzindo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kugira ngo ayobore ibikorwa byo guhangana n’icyorezo cya Ebola, ndetse no kwihanganisha abari ku isonga mu kukirwanya .
Iki cyorezo cyibasiye intara zirimo Ituri, kikaba kimaze kwandura no guhitana abantu barimo n’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.
Dr. Tedros yasabye amahanga gutanga inkunga muri iki gihugu kugira ngo zifashae guhangana na Ebola. Yanasabye ko mu gace ko mu Burasirazuba bwa Congo karimo intambara , impande zihanganye zatanga agahenge kugira ngo habashe gukorwa ibikorwa by’ubutabazi.
Ubwo yageraga i Kinshasa ku wa kane, Dr Tedros yavuze ko icyo cyorezo gikomeye kandi kigoye cyane,asaba ko abakora mu nzego z’Ubuzima bakwitabwaho by’umwihariko.
Kugeza ubu abakekwa ko bamaze guhitanwa n’iki cyorezo bamaze kurenga 200 hakaba harimo n’abakozi batandatu bo mu bitaro.
Hagati n’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC), kivuga ko cyabwiwe n’Uburusiya ibijyanye n’urukingo rwa Ebola rushobora kugezwa muri RDC na Uganda mu gihe cya vuba ariko hakiri ibiganiro.
Africa CDC ivuga ko kugeza ubu abakekwaho Ebola muri RDC bageze ku 1077. Ni mu gihe abanda bakekwa ko bitabye Imana ari 246. Ni mu gihe muri Uganda abantu 7 ari bob amaze kwemezwa ko banduye iki cyorezo, umuntu umwe amaze kwitaba Imana.
UMUSEKE.RW
