U Burusiya bwagabye igitero gikomeye kuri Kyiv

ibitero by'u Burusiya byahinduye Kyiv umuyonga

U Burusiya bwagabye igitero gikomeye kuri Ukraine bukoresheje misile  n’indege zitagira abapilote zizwi nka drones, gihitana abantu 14 abandi nibura 22 barakomereka.

Ni igitero cyabawe mu rukurera rwo kuri uyu wa Gatatu wa tariki 5 Kanama 2026.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kyiv yavuze ko iki ari kimwe mu bitero byahitanye abantu benshi byagabwe kuri uyu Murwa wa Ukraine muri uyu mwaka.

Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya yatangaje ko yibasiye ibigo by’ubwikorezi, ibibikwamo n’ibikorerwamo ibikoresho bya gisirikare, ndetse n’ibindi bigo biri mu Mujyi wa Kyiv no mu nkengero zawo.

Iyo Minisiteri yavuze ko ibyo bigo byakoreshwaga mu kubika no kugeza intwaro n’ibikoresho bya gisirikare, ndetse no mu gukora no gukwirakwiza indege zitagira abapilote.

Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya kandi yavuze ko yibasiye amato atatu atwara imizigo yari

Mu byumweru bishize, U Burusiya bwongereye ibitero kuri Kyiv, mu gihe Ukraine na yo yakajije ibitero byayo mu Burusiya hifashishijwe drones.

Kuva mu 2022 rwarambikanye hagati ya Ukraine n’u Burusiya nyuma y’uko u Burusiya butangije ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine mu kiswe gukumira ko Umuryango wo gutabarana wa OTAN wazabwigarurira.

Ni intambara yabaye ikibazo ku mpande zombi dore ko nta na rumwe rwabashije kuyitsinda n’abafatanyabikorwa ba buri ruhande.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article