Ubushinwa bwayabye Amerika gukura ibikangisho kuri Cuba

Raúl Castro

Ubushinwa bwavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigomba guhagarika “iterabwoba” zikomeje gukorera Cuba nyuma y’uko zishinje uwahoze ari Perezida wayo ibyaha.

Uwahoze ari Perezida wa Cuba, Raúl Castro yashinjwe n’urukiko rwo muri Amerika ibyaha, bamwe bakabona ko bisa n’ibyo Amerika yashinje Maduro wa Venezuela mbere yo kumushimuta, ubu akaba ari muri Amerika aho azaburanishirizwa.

Ubutegetsi bw’u Bushinwa bwasabye Amerika kurekeraho gushaka uko ihirika ubutegetsi bwa Cuba, busaba Washington kureka icyo bwise iterabwoba ikorera abayobozi b’i La Havana, Umurwa mukuru wa Cuba.

Washington ishinja Raúl Castro kwica Abanyamerika.

Urukiko rwo muri Amerika rushinja uyu wahoze ari Perezida wa Cuba ubu ufite imyaka 94 kwica abaturage ba Amerika binyuze  ku ihanurwa ry’indege ebyiri ryabaye mu mwaka wa 1996, ryahitanye abantu bane ritera umwuka mubi hagati ya Washington na Cuba.

Perezida wa Amerika Donald Trump yakomeje kugaragaza ko ashaka gushyira igitutu kuri Cuba, anavuga ku mugaragaro ko yifuza gukuraho ubutegetsi bwa gikomunisiti buyoboye Cuba.

Ku wa Kane, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Guo Jiakun, yavuze ko Amerika igomba “guhagarika gukangisha gukoresha ingufu buri gihe,” anongeraho ko Beijing “ishyigikiye Cuba mu buryo budasubirwaho.”

Ku wa Gatatu, Castro n’abandi batanu bashinjwe uruhare mu ihanurwa ry’indege ebyiri zagendaga hagati ya Cuba na Florida hashize imyaka 30, ndetse bashinjwa ibyaha bishobora gutuma bahanishwa gufungwa burundu cyangwa igihano cy’urupfu.

Izo ndege zari iz’umutwe w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Cuba witwa Brothers to the Rescue, kandi zari zitwaye Abanyamerika batatu bose bahasize ubuzima.

Icyo gihe, Castro wasezeye ku buyobozi bwa Cuba mu 2018 yari ayoboye ingabo z’icyo gihugu.

Iryo hanurwa ry’indege ryateje uburakari bukomeye mu Banya-Cuba bari barahungiye muri Amerika kandi rimaze igihe kinini ari intandaro y’umwuka mubi hagati ya Washington na Havana.

Perezida wa Cuba, Miguel Díaz-Canel, yavuze ko ibyo birego bya Amerika ari “politiki gusa idafite ishingiro ry’amategeko.”

Ubushinwa bumaze igihe ari inshuti ya Cuba bwatangaje ko burwanya “igerageza iryo ari ryo ryose ry’amahanga ryo gushyira igitutu kuri Cuba hifashishijwe urwitwazo urwo ari rwo rwose.”

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Guo Jiakun yongeyeho ati: “Amerika igomba guhagarika gukoresha ibihano n’inzego z’ubutabera nk’intwaro zo guhatira Cuba kwemera ibyo ishaka kandi ikareka gukangisha buri gihe gukoresha imbaraga”.

Yunzemo ko u Bushinwa bushyigikiye byimazeyo Cuba mu kurinda ubusugire n’icyubahiro byayo kandi burwanya kwivanga kw’amahanga mu miyoborere yayo.

Amerika yashyizeho ibindi bihano kuri Cuba ndetse inafunga inzira zinyuzwamo peteroli ijya muri icyo gihugu, ibintu byateye ikibazo cy’umuriro muke n’ibura ry’ibiribwa.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Trump yashyize umukono ku itegeko rihana abayobozi bo mu nzego za Cuba zirimo iz’ibikorwaremezo, iza gisirikare, ubukungu n’umutekano, ndetse n’abantu Amerika ivuga ko bakoze ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu cyangwa banyereje umutungo wa Leta.

Nyuma yo gufata uwahoze ari Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, muri Mutarama 2026 kugira ngo aburanishwe muri Amerika ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge no gushyigikira iterabwoba, Trump yavuze ku mugaragaro ko Cuba “iri hafi gusenyuka.”

Ubushinwa bwakomeje kwegera Cuba kuva Perezida Xi Jinping ayisuye mu 2014.

Mu 2018, Cuba yinjiye muri gahunda y’Ubushinwa ya Belt and Road Initiative, itera inkunga imishinga myinshi y’ibikorwaremezo by’ingenzi kuri icyo kirwa.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *