UPDATE: Gen Obedi Ngabo nimuzima – Yanyomoje M23 yigambye kumwica

Gen Obedi yagaragaye anyomoza abavuze ko bamwishe

UPDATED: Muri video ifite hafi iminota ine, Obedi Ngabo Patrick wiyise General avuga ko akiri mu zima, ko abavuze ko yapfuye babeshye.

Ku wa Gatandatu bamwe mu bayobozi ba AFC/M23 barimo Visi Guverineri washyizweho muri Kivu ya Ruguru, yari yemeje amakuru y’urupfu rwa Gen Obedi.

Uyu Obedi muri video agira ati “Ntabwo ndapfa, sinapfa gutyo ntabwo ndarangiza intambara…. Abavuga ngo narapfuye barabeshya, mpanganye na AFC/M23 iteza ibibazo Congo…”

Iyi video yafashwe kuri iki cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026, uyu Muzalendo wa CRD yavuze ko abibwira ko yapfuye atari byo kuko ari muzima “kandi ko igihe nikigera azapfa kuko nta we uzaba ku isi nk’ishyamba.”

Si bwo bwa mbere abahanganye ku rugamba bigambye kwica umwe mu bakomeye mu bo bahanganye ariko nyuma bikanyomozwa, bikunze gukoreshwa muri propaganda zo guca uwo bahanganye intege.

Obedi yavuze ko ari mu misozi ya Rubaya.

 

INKURU YABANJE: Amakuru akomeje gucicikana aremeza ko uwiyitaga Generali muri Wazalendo witwa Obed Ngabo yiciwe mu mirwano hafi y’ibirombe bya Rubaya muri Masisi.

Manzi Willy umwe mu bayobozi ba AFC/M23 yagize ati “uyu munsi isi ni nziza cyane idafite abitwa Gen. Obed, asanze Ruhinda, Mudacumura, Cirimwami nibindi …”

Umunyamakuru Steve Wembi ukurikiranira hafi ibibera mu burasirazuba bwa Congo na we avuga ko amakuru atandukanye yemeza ko General Obedi Ngabo, umwe mu bagize ihuriro riharanira demokarasi (CLD), yishwe ku wa Gatanu ubwo yari mu mirwano.

Izindi mbuga zegereye AFC/M23 zivuga ko General Obed atakiri muzima; yarashwe mu mirwano imaze iminsi aho ingabo za Congo, FDLR, Maimai n’ingabo z’u Burundi bagabaga ibitero bikomeye ahitwa i Mahanga muri Masisi.

Uruhande uriya General Obed yabagamo, na rwo rwemeza ko yaguye mu mirwano na M23 akaba yariciwe ahitwa i Kamomi.

Muri Gashyantare 2026, ihuriro rya FDLR na Nyatura riyobowe na Jenerali Obed Ngabo ngo ryateye i Mahanga muri Masisi abarwanyi baryo bica uwitwa Ngirabakunzi n’abandi basore babiri, batwara inka 50.

Gen Obed Ngabo w’Umuzalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23

UMUSEKE.RW

Share This Article