Rusizi: Basabwe kwimakaza umuco w’isuku

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba bwasabye abaturage  kwimakaza umuco w’isuku no    mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Babisabwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Nzeri 2024, Mu kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama ubwo haberaga igikorwa cyateguwe n’Akarere ka Rusizi cyo gushyikiriza igihembo  Umurenge wa Bugarama  nk’uwahize indi mu isuku.

Abaturage bo muri uyu Murenge bavuga ko Umurenge wabo umaze gutera imbere mu isuku  bitandukanye no mu myaka yashize.

Iganze Shemsa atuye mu Murenge wa Bugarama, yavuze ko badahera mu kwita ku isuku bari mu matsinda gusa, ahubwo n’ibindi bikorwa byose byateguwe na byo barabyitabira.

Ati”Nk’abadamu dukora amatsinda y’isuku mu ngo z’umudugudu nta rugo rukirangwamo nyakatsi   twitabira n’ibindi ibikorwa by’isuku bya rusange n’abandi baturage“.

Umyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet yavuze ko  Umurenge wa Bugarama wahawe ibihembo barabikoreye,asaba n’indi Mirenge  gushyira imbaraga mu isuku.

Ati” Umurenge wahawe igihembo cya moto bitume  n’indi mirenge irebereho Ubonye icupa mu muhanda aritore rishyirwe ahabugenewe.”

Umujyi wa Rusizi wakunze kunengwa  isuku nke yagaragariraga buri wese uwugezemo, kuri ubu watangiye kugaragaramo impinduka nziza mu isuku.

Ibi byanatumye mu marushanwa y’isuku yateguwe na Polisi y’u Rwanda mu mwaka w’imihigo 2022-2023,kaba aka mbere mu isuku mu Ntara y’Iburengerazuba, gahabwa igikombe n’uwari Minisitiri w’umutekano mu gihugu.

- Advertisement -
Vincent de Paul Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge ashyikirizwa moto

MUHIRE Donatien

UMUSEKE.RW/ RUSIZI