Nyuma y’iminsi ari mu igeragezwa muri Yanga Princess yo muri Tanzania, rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 20 na Inyemera WFC, Mutuyimana Sandrine, ashobora guhabwa akazi muri iyi kipe iri mu nziza muri iki gihugu.
Ni igeragezwa rigiye kumara hafi iminsi 10, aho Sandrine yatumijweho n’ubuyobozi bwa Yanga Princess biciye mu busabe bw’abatoza b’iyi kipe.
Mu gihe uyu rutahizamu yaba asinyishijwe n’iyi kipe iri mu z’ubukombe muri ruhago ya Tanzania, yaba abaye Umunyarwanda wa kabiri uhabonye akazi nyuma ya Mukandayisenga Jeannine ‘Kaboy’.
Mutuyimana kandi yaba abaye Umunyarwanda wa gatatu ugiye muri iyi Shampiyona, nyuma mugenzi we baba bagiye gukinana na Usanase Zawadi uri muri Simba Queens kuva mu mwaka ushize.
Undi Munyarwanda uherutse muri Tanzania ariko ntibigende neza, ni Magnifique ukina mu Indahangarwa WFC. Uyu yari yagiye muri Simba Queens ariko ntibashima urwego rwe.

