Al-Merrikh SC yatangiranye intsinzi imikino ya kamarampaka [Play-offs] ya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Sudani, nyuma yo gutsinda Madani ibitego 3-1.
Nyuma yo gusubira iwabo igiye gukina imikino ya kamarampaka izatanga itike yo kwitabira amarushanwa Nyafurika ya CAF Champions League cyangwa CAF Confederation Cup, Al-Merrikh SC yatangiye urugendo neza.
Iyi kipe yavuye mu Rwanda iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 58 n’ibirarane by’indi mikino, yatangiye imikino ya kamarampaka iwabo itsinda Madani ibitego 3-1. Ni ibitego byatsinzwe na Musab Makin, Daba Sugouba na Chico Salima.
Biteganyijwe ko Al-Hilal SC yabaye iya mbere mu Rwanda, yo iza gutangira gukina iyi mikino kuri uyu wa Gatandatu aho iza guhura na Alfalah Atbra.



UMUSEKE.RW
