Al-Hilal y’urubyiruko yaguye miswi na Police! Ibyaranze umunsi wa 32

Kimwe mu byaranze umunsi wa 32 muri Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru [BK Pro League], ni ukunganya kwa Police FC igitego 1-1 na Al-Hilal SC yarimo urubyiruko rwavuye muri Sudani.

Imikino y’umunsi wa 32 muri BK Pro League, yatangiye ku wa Gatanu, tariki ya 15 Gicurasi 2026, isozwa ku Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026.

Police FC yakinaga n’ikipe ya kabiri ya Al-Hilal SC yiganjemo abato bavuye muri Sudani, ariko amakipe yombi agabana amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Uru rubyiruko rwo muri Sudani rwari rwatsindiwe na Akire Temple ku munota wa 42 mu gihe ikipe y’Abashinzwe Umutekano yo yatsindiwe na Henry Msanga ku munota wa 78.

Muri 11 babanzaa mu kibuga, Al-Hilal SC yari ifitemo umunani bashya bavuye gukina imikino y’i Khartoum. Bari bayobowe na Faris Abdallah nka kapiteni wabo.

Ikiyongera ku byaranze uyu mukino, ni uko nta mukinnyi usanzwe ubanza mu kibuga muri iyi kipe yo muri Sudani, wari mu kibuga.

Ikipe yabo ya mbere yerekeje mu mikino ya kamarampaka, yatangiye itsinda Al Falah ibitego 4-0. Iyi mikino y’iwabo ni nayo izatanga itike yo kuzitabira amarushanwa Nyafurika ya CAF Champions League.

Indi mikino yishe imibare y’amakipe yakinnye, ni iyahuje Rayon Sports ubwo yanganyaga na Gorilla FC igitego 1-1 n’uwo Kiyovu Sports yagabanyemo amanota na AS Muhanga ubwo zanganyaga igitego 1-1.

Ku ruhande rw’ikipe yo mu Nzove, byishe imibare yayo yo gukomeza gushyiramo ikinyuranyo kinini cy’amanota hagati yayo n’Urucaca ruri kuyishyiraho igitutu mu gihe n’imibare y’ikipe yo ku Mumena yabaye mibi kuko iyo itsinda yari guhita ifata umwanya wa Kabiri.

Andi makipe yabonye amanota y’ingenzi cyane, ni Etincelles FC yatsinze Marine FC ibitego 3-2 n’Amagaju FC yatsinze Al-Merrikh SC igitego 1-0. Ni amanota yatumye aya makipe akomeza kuva mu zishobora kujya mu Cyiciro cya Kabiri.

Uyu munsi warangiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona n’amanota 62, mu gihe na Al-Hilal SC nayo yacyegukaye ku manota 73.

Amakipe abiri ari mu byago byo kujya mu Cyiciro cya Kabiri, ni Rutsiro FC ya nyuma na AS Muhanga ya 17.

Indi mikino yabaye:

Mukura VS 2-2 Bugesera WFC

APR FC 3-0 Rutsiro FC

AS Kigali 2-1 Gicumbi FC

Marine FC 2-3 Etincelles FC

Musanze FC 3-2 Gasogi United

Amagaju FC 1-0 Al-Merrikh SC

Police FC yaguye miswi na Al-Hilal SC yiganjemo urubyiruko
Kiyovu Sports yaguye miswi na AS Muhanga igitego 1-1
APR FC yabonye intsinzi yayihesheje Igikombe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *