Nyuma yo gusoza Shampiyona imanutse mu Cyiciro cya Kabiri, AS Kigali WFC yegukanye umwanya wa Gatatu mu Gikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Muhazi WFC igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Umukino wo guhatanira umwanya wa Gatatu mu Gikombe mu Bagabo n’Abagore, wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026 kuri Kigali Pelé Stadium.
AS Kigali WFC yagize Shampiyona mbi nyuma yo kumanuka mu Cyiciro cya Kabiri, ni yo yegukanye umwanya wa Gatatu nyuma yo gutsinda Muhazi WFC igitego 1-0 cyatsinzwe na Uwase Ange.
Iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, yahawe imidari inahabwa 2,000,000 Frw. Umukino wa nyuma, uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu Saa Cyenda z’igicamunsi kuri Stade Amahoro aho uza guhuza Police WFC na Rayon Sports WFC.
Mu Bagabo, Gorilla FC ni yo yegukanye umwanya wa Gatatu nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 6-1.
Umukino wa nyuma mu Bagabo, uraza kubera kuri Stade Amahoro Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba. Urahuza APR FC na Rayon Sports.



UMUSEKE.RW
