Urukiko rwafashe umwanzuro kuri referandumu ishobora ‘kugumisha Tshisekedi ku butegetsi’

Perezida Félix Tshisekedi yatangiye kuyobora RDC mu 2019, akaba ateganyijwe kurangiza manda ye ya kabiri mu mpera za 2028

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwemeje ko umushinga w’itegeko rigena uburyo referandumu yakorwa ihuje n’Itegeko Nshinga, icyemezo gishobora gufungura inzira yo guhindura Itegeko Nshinga, ibintu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ari intambwe ya mbere yo kuvanaho imbogamizi zibuza Perezida Tshisekedi kongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe mu 2028.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Kabiri, tariki ya 28 Nyakanga 2026, nyuma y’uko uyu mushinga wari umaze kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ukoherezwa mu Rukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ngo rusuzume niba uhuje n’amategeko mbere y’uko ushyirwaho umukono na Perezida wa Repubulika, hanyuma ugatangazwa mu Igazeti ya Leta.

Ku wa 30 Kamena 2026, Perezida Félix Tshisekedi yari yatangaje ko yahisemo kubanza kohereza uyu mushinga mu Rukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga mbere yo kuwushyiraho umukono.

Perezida w’Urukiko, Dieudonné Kamuleta Badibanga, yavuze ko umushinga w’itegeko rigena referandumu wujuje ibisabwa n’Itegeko Nshinga. Icyakora, yagaragaje ko hari ingingo zimwe zizasaba kwitonderwa mu gihe itegeko rizaba ritangiye gushyirwa mu bikorwa.

Uyu mushinga uteganya ko hashobora gutangizwa gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga binyuze mu nzira zemewe n’amategeko, impinduka zikazemezwa na referandumu igihe habayeho icyo amategeko yita “ihungabana rikomeye ry’imikorere y’inzego za Leta.”

Urukiko kandi rwibukije ko ishyirwa mu bikorwa ry’ingingo iha Perezida ububasha bwo gutumiza referandumu ku kibazo cyose abona gifitiye igihugu akamaro rigomba gukorwa hubahirijwe Itegeko Nshinga n’amahame ya demokarasi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko iri tegeko ari intambwe ya mbere ishobora kuvamo ihindurwa ry’Itegeko Nshinga, rikavanaho imbogamizi zibuza Perezida Tshisekedi kongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe mu 2028 nyuma ya manda ebyiri ziteganywa n’Itegeko Nshinga ririho ubu zigiye kurangira.

Ihuriro ry’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka C64, ryitiriwe ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga rya RDC, ivuga ko buri Munye-Congo afite inshingano yo kurwanya umuntu cyangwa itsinda ryagerageza gufata ubutegetsi binyuranyije n’Itegeko Nshinga, rikomeje kwamagana uyu mushinga.

Iri huriro riherutse gutegura imyigaragambyo isaba Perezida Tshisekedi kwegura, ariko riza kuyisubika by’agateganyo mu gihe hategerejwe ibiganiro by’igihugu bidaheza biteganyijwe guhuza impande zitandukanye hagamijwe kugabanya ubushyamirane bwa politiki.

C64 igizwe n’abanyapolitiki bakomeye barimo Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Moïse Katumbi, Augustin Matata Ponyo na Delly Sessanga. Bavuga ko gusubika imyigaragambyo bidahindura umugambi wabo wo kurengera Itegeko Nshinga no guharanira ko amahame ya demokarasi yubahirizwa.

Nubwo itariki y’ibi biganiro itaratangazwa, iri huriro ryahaye Perezida Tshisekedi igihe kugeza ku wa 15 Kanama 2026 ngo abe yatumiye ibiganiro by’igihugu bidaheza. Rivuga ko bitabaye ibyo rizafata “ibyemezo byose bya politiki bikwiye”, birimo no kongera guhamagarira abaturage gukora imyigaragambyo y’amahoro.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article