Umubare w’abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wageze ku bantu 1.003, mu gihe 254 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo gikomeje kwibasira Intara za Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima muri Congo yo ku wa 20 Kamena 2026 igaragaza ko abantu 100 bamaze gukira barimo umunani bashya, batandatu bo mu Ntara ya Ituri, mu gihe babiri ari abo muri Kivu y’Amajyepfo.
Abantu 365 nibo bari kuvurirwa mu bitaro.
Intara ya Ituri ikomeje kuba inzingiro ry’icyo cyorezo n’abarwayi 916 bemejwe na Leta.
Inzego z’ubuzima zigaragaza impungenge zishingiye ku kugabanuka kw’igipimo cyo gukurikirana abantu bahuye n’abanduye, cyageze kuri 58%, hakaba hari ubwoba ko iki cyorezo giterwa n’ubwoko bwa virusi ya Ebola bwa Bundibugyo cyaba kiri mu baturage benshi, hakaba hari abanduye batabizi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) hamwe n’ikigo Nyafurika cyita ku ndwara n’ibyorezo, Africa CDC, byagaragaje ko iki cyorezo giteye impungenge ku rwego mpuzamahanga dore ko nta muri cyangwa urukingo.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE
