Abatavuga rumwe na leta barasaba ko Perezida Félix Tshisekedi yegura

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Abatavuga rumwe na leta ya Congo bazamuye ijwi, aho basaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura bamushinja ko yarenze ku Itegeko Nshinga, atangiza inzira zigamije kurihindura.

Ibi abatavuga rumwe na Leta babitangaje kuri uyu wa kabiri, tariki ya 16 Kamena 2026, i Kinshasa.

Abatavuga rumwe na leta bishyize hamwe mu ihuriro rigamije kurengera itegeko nshinga biyita “La Coalition Article 64” batangaje ko ku ya 8 Nyakanga, 2026 hazaba urugendo mu gihugu hose ruzasorezwa mu ngoro ya Perezida.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa kabiri, nyuma y’inama yo gusuzuma ibyabaye ku wa Gatanu, 12 Kamena 2026, ubwo habaga urugendo nk’uru ariko hagakoreshwa imbaraga z’umurengera ndetse abantu babiri bivugwa ko bahasize ubuzima.

Prince Epenge, umuvugizi w’ihuriro Lamuka, akaba n’umwe mu bayobozi b’ihuriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yagize ati: “Abagize “La Coalition Article 64″ bahisemo guhamagarira abaturage b’Abanye-Congo mu ntara zose, muri Teritwari zose, muri sheferi zose, mu duce twose kuzitabira urugendo rumwe cyangwa, cyangwa ingendo ndende z’amahoro ku ya 8 Nyakanga, 2026.”

Yavuze ko uru rugendo runini rw’amahoro ruzasorezwa kuri Mont-Ngaliema “gusaba ko Tshisekedi wagambaniye igihugu, waciriye ku Itegeko Nshinga, akaba agiye gukora Referendumu agamije kugera ku ntego yo gucamo iguhugu mo ibice.”

Iri tangazo rije nyuma y’amasaha make Inteko ishinga amategeko itoye itegeko ryemeza ko hazaba Referendumu.

Ni ingingo ikomeje gutandukanya mu mitekerereze abatuye igihugu. Abenshi bavuga ko iryo vugurura ry’Itegeko Nshinga ryemewe n’Itegeko Nshinga, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi, cyane cyane “La Coalition Article 64” babona ko ari intambwe ishobora guha inzira Perezida Félix Tshisekedi yo kwiha manda ya gatatu.

IVOMO: Radio Okapi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *