Leta Zunze Ubumwe za Amerika zongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Iran mu ijoro rya kabiri rikurikiranye, ivuga ko bigamije gukomeza gusenya ubushobozi bw’iki gihugu bwo kugaba ibitero ku mato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz, mu gihe Iran na yo yatangaje ko yatangiye kubisubizanya uburakari kandi ishobora kwagura intambara.
Ku wa 9 Nyakanga 2026, Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko bwagabye ibitero ku hantu hafi 90 hatandukanye muri Iran.
Ibyo bitero byibasiye ubwirinzi bwo mu kirere, ibikoresho bikoreshwa mu kugenzura inkombe za Iran, ububiko bwa misile na drones, ubushobozi bw’ingabo zirwanira mu mazi ndetse n’ibikorwaremezo bifasha ibikorwa bya gisirikare.
Ku ruhande rwa Iran, Ingabo zirinda Impinduramatwara ya Kisilamu (IRGC) zatangaje ko zagabye ibitero byo kwihimura ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri Bahrain na Kuwait.
IRGC yavuze ko ibyo ari icyiciro cya mbere cyo gusubiza ku byo yise kutubahiriza amasezerano kwa Amerika, inaburira ko izakomeza kwagura ibitero ikabigeza no ku bindi birindiro bya Amerika biri mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe Washington yakomeza ibikorwa bya gisirikare.
Bahrain yatangaje ko humvikanye ibiturika mu murwa mukuru, Manama, mu gihe Kuwait yavuze ko yahanuye misile na drones byoherejwe ku butaka bwayo. Qatar na yo yasohoye impuruza isaba abaturage kwitwararika.
Ibi bitero bibaye nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, wari witabiriye inama ya OTAN yabereye i Ankara muri Turikiya, atangaje ko agahenge kari hagati ya Amerika na Iran karangiye, anavuga ko atazongera kugirana ibiganiro n’abayobozi ba Iran, abita “ababeshyi n’abarwayi.”
MUGIRANEZA THIERRY / UMUSEKE.RW
