Atletico Madrid isezereye Barcelona mu mikino ya Champions League

Igitego cya Ademola Lookman ni cyo gihaye Atletico Madrid guhita ikomeza

Ikipe ya FC Barcelona yahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cya UEFA Champions League uyu mwaka, urugendo rwayo rushyizweho akadomo na Atletico Madrid.

Ihurizo ryo gutsinda uyu mukino Barcelona yaritsinze kuko yabonye ibitego 2-1. Gusa mu mukino ubanza yatsinzwe ibitego 2-0 ku kibuga cyayo, byayisabaga kubyishyura ikarenzaho.

Ku munota wa 4 w’umukino agapira katewe na Ferran Torres kageze kuri Lamine Yamal aritambika akohereza mu izamu biba 1-0.

Imbaraga zari nyinshi cyane kuri Barcelona, ku munota wa 24′ yari imaze kugerera ATM mu kebo nay o yabagereymo ku kibuga cya Barcelona. Ni umupira waherejwe Ferran Torres uvuye kwa Dani Olmo awutera neza ujya mu izamu biba 2-0.

Ntabwo byatinze, Barcelona mu kanya gato yahushije ibitego ku buryo bysaga naho umupira iwuruangije.

Atletico Madrid ntabwo irangira gutyo, kuri Contre-Attaque, ku munota wa 31′ umukinnyi Antoine Griezmann yambuye umupira awunagira Marcos Llorente na we awuha Ademola Lookman awohereza mu nshundura, biba 1-2.

Niko igice cya mbere cyarangiye. Mu gice cya kabiri Barcelona nab wo yari ifite icyizere, ndetse yaje gutsinda igitego ku munota wa 55 w’umukino ariko byemezwa ko umukinnyi yaraririye.

Barcelona abayikunda bemera ko ifite imbere no hagati hakomeye, ariko ba myugariro bayo, bakunze gutsindwa ibitego no gukora amakosa.

Atletico Madrid ya Diego Simeone ibyo imaze igihe ibizi, mu minota ya nyuma yakomje kotsa igitutu Barcelona, myugariro wayo Eric García akorera ikosa rutahizamu Alexander Sørloth winjiye asimbuye Antoine Griezmann, yerekwa ikatira itukura ku munota wa 79.

Byakomeje gutyo, Barcelona ntiyabona igitego cyo kunganya, umukino urangira ari 2-1 ariko habarwa ibyo mu mukino wa mbere, Barelona isezererwa na Atletico Madrid muri ¼ cy’imikino ya Champions League ku bitego 2-3.

Muri ½ Atletico ishobora guhura na Arsenal cyangwa Sporting yo muri Portugal. Umukino wazo wa mbere Arsenal yatsindiye hanze 1-0.

Indi kipe yatashye ni Liverpool, yatsindiwe iwayo 2-0, no mu mukino ubanza yatsinzwe na Paris St. Germain 2-0 ubwo ivuyemo itsinzwe 4-0.

PSG itegereje ibiva mu mukino wa Real Madrid na Bayer Munich yo mu Budage, aho umukino ubanza Bayer yatsinze 2-1 muri Espagne.

Gutsinda kwa FC Barcelona ntibyari bihagije

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *