Browsing category

Afurika

SADC yamaganye ibirego bya M23

SADC yamaganye ibirego bya M23

Ingabo ziri mu butumwa bw’umuryango w’Afurika y’amajyepfo buzwi nka SAMIDRC, zamaganye ibirego bya AFC/ M23 bizishinja gutegurana ibitero na Wazalendo n’ingabo za Congo FARDC bigamije gufata umujyi wa Goma. Mu itangazo ryayo ryo ku wa Gatandatu, M23 na yo yamaganye  ibyo bitero i Goma ivuga ko binyuranyije n’amategeko, ivuga ko byagabwe n’ingabo zo mu butumwa […]

AFC/M23 yahanganye n’umutwe wa Wazalendo mu mujyi wa Goma

AFC/M23 yahanganye n’umutwe wa Wazalendo mu mujyi wa Goma

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’ihuriro Alliance Fleuve Congo bwamenyesheje abaturage ko bagomba gutuza nyuma y’imirwano yabereye mu mujyi wa Goma mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu. Abatuye Goma bumvise urusaku rw’amasasu mu masaha y’ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Mata, 2025 imirwano ikaba yamaze isaha, aho imbunda […]

Nta munyarwanda udafite umurundi – Abepisikopi basabye ko imipaka ifungurwa

Nta munyarwanda udafite umurundi – Abepisikopi basabye ko imipaka ifungurwa

Abepisikopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi basabye abayobozi b’ibihugu byombi gukoresha inzira y’amahoro na dipolomasi kugira ngo imipaka ihuza ibihugu byombi ifungurwe, bityo abaturage bongere kugenderana nk’abavandimwe. Ni ibyatangajwe ubwo hasozwaga inama isanzwe ihuza Abepisikopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, bibumbiye mu Ihuriro ACOREB, yateraniye mu Karere ka Ngoma kuva tariki ya 30 Werurwe kugeza […]

Umwe mu biyamamarije kuyobora Congo yiyunze na M23/AFC

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, inkuru irimo kuvugwaho cyane ni iy’umugabo witwa Rex Kazadi Kanda wabaye mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi, UDPS ariko ubu akaba yiyunze na M23/AFC. Amashusho agaragaza Kazadi avuga impamvu zatumye yiyunga n’ihuriro Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi rifatanyije n’umutwe wa M23, akavuga ko ari ugushaka […]

Perezida wa Guinea yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara

Gen Mamadi Doumbouya wafashe ubutegetsi muri Guinea Conakry yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara na we wayoboye icyo gihugu akoze Coup d’Etat. Ku wa Gatanu tariki 28 Werurwe nibwo Gen Mamadi Doumbouya, yahaye imbabazi Moussa Dadis Camara. Uyu Dadis Camara yayoboye kiriya gihugu hagati ya 2008 na 2009 aza gukatirwa n’urukiko igifungo tariki 31 Nyakanga, 2024 […]

Abasirikare bato muri Congo bagiye guhembwa basohoka muri Banki bamwenyura

Abasirikare bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagiye guhembwa basanga umushahara wabo wakubwe inshuro ebyiri, hari hashize igihe perezida Antoine Felix Tshisekedi abyiyemeje. Radio Okapi ivuga ko ku wa Gatanu ubwo abasirikare bajyaga guhembwa umushahara w’ukwezi kwa Gatatu basanze bitandukanye n’uko byari bisanzwe, basohoka muri bank bamwenyura. Abasirikare basanze umushahara wabo ungana n’amadolari 100 […]

M23/AFC na SADC byagiranye amasezerano adasanzwe

I Goma mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo bifatanya kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, byasinyanye amasezerano n’ingabo ya SADC arimo no gucyura mu mahoro izo ngabo. Mu byishimo abasirikare ba Africa y’Epfo n’abo mu bindi bihugu bifite ingabo muri SAMIDRC bagaragaye ku meza amwe basangira amafunguro, ndetse banafata […]

Thomas Lubanga yatangaje umutwe mushya urwanya Tshisekedi

Mu Burasirazuba bwa Congo havutse umutwe w’inyashyamba mushya witwa C.R.P uyobowe na Thomas Lubanga uvuga ko uje gukuraho ubutegetsi bushingiye ku itonesha n’irondakarere muri Congo Kinshasa. Uyu mutwe mushya witwa (la Convention pour la Révolution Populaire, C.R.P) uje mu gihe intambara ziyogoza uburasirazuba bwa Congo zifata intera nyuma yaho umutwe wa M23/AFC ukomeje gushegesha ubutegetsi bwa […]

FARDC yasabye ingabo zayo kutazongera kurwanya M23/AFC

Igisirikare cya Congo cyasabye ingabo zacyo na Wazalendo kutazongera kurwanya umutwe wa M23 ufatanya na Alliance Fleuve Congo kurwanya ubutegetsi bwa Tshisekedi. Umuvugizi w’igisirikare cya Congo, FARDC yavuze ko bakiriye icyemezo cya M23/AFC cyo kuva mu gace ka Walikale izi nyeshyamba zari zimaze iminsi zifashe. Yavuze ko icyemezo cya M23/AFC yafashe kijyanye n’itangazo ryasinywe n’abakuru […]

Mushikiwabo yabajijwe icyakorerwa ibihugu byikuye muri Francophonie

Madamu Louise Mushikiwabo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, yavuze ko atemera inzira y’ibihano ku bihugu bitatu bya Africa byikuye mu muryango ayoboye. Mu kiganiro yahaye TV5 Monde, Mushikiwabo yagize ati “Sinemeranya no kuba inzira yo guhana ari yo nzizra nziza. Ntabwo nshyigikiye ibihano keretse igihe gusa byaba bifite icyo bihindura.” Ibihugu bitatu byo muri […]