Browsing category

Amakuru aheruka

Perezida Kagame yakiriye umujyanama wihariye wa Donald Trump

Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro ,byatangaje ko Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Mata 2025, yakiriye Massad Boulos, Umujyanama wihariye wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump ku mugabane wa Afurika. Village Urugwiro yatangaje ko “bagiranye ibigabniro byiza ku bijyanye n’imikoranire ihamye yageza ku mahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga […]

Bugesera: Ukekwa kugira uruhare mu rupfu rw’umugore warokotse Jenoside yatawe muri yombi

Polisi y’Igihugu , yatangaje ko yamaze guta muri yombi , umuntu ukekwa kugira uruhare mu rupfu rwa  Chantal Muhongerwa  wacitse ku icumu rya Jenoside mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera. Mu ijoro rya tariki 04 Mata 2025, mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, nibwo hiciwe umubyeyi warokotse […]

Kwizerwa na Banki, guhindura imibereho, ubuhamya bw’aborozi bafashe ubwishingizi

Bamwe mu borozi bo mu karere ka Musanze, bavuga ko gufata  ubwishingizi, bituma bizerwa n’amabanki, bityo bagahabwa inguzanyo ituma bagera ku iterambere. Aba borozi bavuga ko nyuma yo gusobanukirwa na  gahunda ya ‘Tekana Urishingiwe Muhinzi-Mworozi” igamije  guha amahirwe abahinzi n’aborozi gufata  ubwishingizi bw’imyaka n’amatungo, bafashe ubwo bwishingizi, bituma bibarinda ibihombo bya hato na hato. Kamuzindu Claude […]

Muhanga: Umugabo arashinjwa guhunga urugo nyuma y’iminsi 3 akoze ubukwe

Umugeni yabanje kwitaba RIB Umugabo nawe arashakishwa uruhindu Mpitabazana Léonard bahimba Kévin  arashakishwa nyuma yo guta  Aisha Christine  bari baherutse gusezerana  imbere y’Imana mu buryo bw’ibanga  yarangiza agacika. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude yabwiye UMUSEKE ko uyu Mpitabazana Léonard yataye umugeni we  nyuma y’iminsi ibiri bari bamaranye agenda atamusezeye. Gitifu Nshimiyimana  avuga […]

Hagaragajwe uruhare rw’Ababaruramari b’umwuga mu iterambere ry’igihugu

Urugaga Nyarwanda rw’Ababaruramari b’Umwuga (ICPAR) rwatangaje ko Ibaruramari rikozwe kinyamwuga, rigira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu n’imibereho y’abaturage. Ibi  byagarutsweho mu kiganiro n’itangazamakuru, giteguza inama ya munani, izahuza Ababaruramari b’Umwuga baturutse mu bihugu bya Afurika, ikazaba  kuva tariki ya 6 kugeza tariki ya 9 Gicurasi uyu mwaka, i Kigali mu Rwanda. Mu kigianiro n’ itangazamakuru cyabaye […]

Arenga Miliyari 6frw amaze gushumbushwa abahinzi n’aborozi  bafashe ubwishingizi

 IKigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB SPIU), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, gisobanura ko amafaranga angana na Miliyari 6,4Frw yashyikirijwe abahinzi n’aborozi mu kubafasha kwikura mu bihombo nyuma yo gushinganisha imyaka n’amatungo muri gahunda ya “TEKANA URISHINGIWE Muhinzi Mworozi’’. Hashize imyaka itandatu Guverinoma y’u Rwanda itangije gahunda ya ‘Tekana Urishingiwe Muhinzi-Mworozi” igamije  guha amahirwe abahinzi […]

Nyagatare: Umurinzi w’ ishuri yishwe n’abagizi ba nabi

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko wakoraga akazi k’izamu ahari kubakwa ishuri mu Mudugudu wa Kinihira, Akagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare, Akarere ka Nyagatare, yishwe atemwe  n’abagizi ba nabi bataramenyekana . Hakorimana Gaspard utuye muri uwo Murenge yakoraga akazi k’izamu aharimo kwagurirwa Ishuri Mpuzamahanga ryitiriwe Umusamariya (Samaritan International School). Abaturiye iryo shuri bavuga ko uyu muturage […]

Abasirikare bato muri Congo bagiye guhembwa basohoka muri Banki bamwenyura

Abasirikare bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagiye guhembwa basanga umushahara wabo wakubwe inshuro ebyiri, hari hashize igihe perezida Antoine Felix Tshisekedi abyiyemeje. Radio Okapi ivuga ko ku wa Gatanu ubwo abasirikare bajyaga guhembwa umushahara w’ukwezi kwa Gatatu basanze bitandukanye n’uko byari bisanzwe, basohoka muri bank bamwenyura. Abasirikare basanze umushahara wabo ungana n’amadolari 100 […]

Muhanga: Uwatorewe kuyobora Njyanama yahize gukura urubyiruko mu bushomeri

Nshimiyimana Gilbert watorewe kuyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, avuga ko azafasha Urubyiruko kwihangira imirimo bagasezerera ubushomeri. Iyi migabo n’imigambi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga mushya, yabivuze mbere na nyuma yo gutorerwa izi nshingano. Nshimiyimana avuga ko ashingiye ku burambe afite n’akazi yagiye akora ko guhuza Urubyiruko rudafite imirimo n’amahirwe igihugu cyabahaye bizamworohera gushyira […]

RIB igomba gufatanya n’inzego ngo ubutabera butangwe vuba kandi neza- Perezida KAGAME

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukomeza gukorana n’izindi nzego kugira ngo zitange ubutabera vuba kandi mu mucyo. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, ubwo yakiraga indahiro y’Umunyamabanga mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha,Col Pacifique Kayigamba Kabanda. Umukuru w’igihugu yabanje  gushima intambwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha,RIB,rugezeho mu kugenza ibyaha. […]