Browsing category

Amakuru aheruka

Inzego zatangiye iperereza ku rupfu rw’umusore waviduraga ubwiherero ku ishuri rya Saint Peter Igihozo

Nyanza: Abantu babiri baguye mu cyobo cy’umusarani w’ishuri ubwo bariho bakora ikiraka cyo kuvidura imyanda umwe ahita ahasiga ubuzima. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Werurwe 2025 ku ishuri rya Saint Peter Igihozo riri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, habereye impanuka aho abaviduraga icyo cy’ubwiherero baguyemo umwe ahasiga ubuzima. Urwego rw’Ubugenzacyaha, […]

Abagore bakora itangazamakuru biyemeje kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ihuriro ry’abagore bakora itangazamakuru, Synergy of Female Journalists Associations,  ryiyemeje guhangana n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Izi ngamba, bazifashe ubwo kuwa 8 Werurwe 2025 bizihizaga umunsi Mpuzamahanga wahariwe umugore. Ni mu biganiro byitabiriwe n’abagore batandukanye  basanzwe bakora uwo mwuga ndetse n’abafite aho bahuriye nawo, abo mu nzego za leta, abo mu miryango itabogamiye kuri leta ndetse […]

RIB yafashe “abambuzi” bagurisha ubutaka bw’abandi n’abiyita Abagenzacyaha (VIDEO)

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugencyaha, RIB, rwerekanye abantu 7 bakekwaho ibyaha bitandukanye by’ubwambuzi, barimo abagurishije ubutaka butari ubwabo bahabwa miliyoni 141Frw n’amadolari ibihumbi 42,000 ($). Abafashwe barimo abagore babiri umwe witwa Mukahabimana Beatrice w’imyaka 36 y’amavuko wiyitaga Umugenzacyaha, akambura abaturage ababwira ko azafunguza abantu babo bafunzwe, yafashwe amaze kubarya miliyoni 1,7Frw. Uyu mugore ngo yakoranaga n’umugabo witwa […]

Gicumbi: Abagore bishimira intambwe bagezeho mu kurwanya igwingira

Abahagarariye inama y’ igihugu y’abagore mu karere ka Gicumbi bashimangira ko ku bufatanye n’abagabo babo, bageze ku ntambwe ishimishije mu kurwanya imirire mibi n’ igwingira, byari byaribasiye imiryango itandukanye muri aka Karere. Babigarutseho kuwa 08 Werurwe 2025 ubwo bizihizaga umunsi wabahariwe, bashimangira ko hari byinshi bagezeho ariko kandi bavuga ko kurwanya igwingira bigomba gushyirwamo izindi […]

Mark Carney ugiye kuyobora Canada yiyemeje guhangana na Trump

Mark Carney watsinze amatora yo kuyobora ishyaka rya Liberal Party ibituma agiye kuba Minisitiri w’Intebe wa Canada, asimbuye Justin Trudeau, yatangaje ko yiyemeje guhangana na Donald Trump Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu ntambara y’ubucuruzi. Ni mu matora yabaye mu mpera z’icyumweru asiga uyu wigeze kuba Guverineri wa Banki Nkuru ya Canada, ayatsinze […]

Undi Murundi yapfiriye mu Bubiligi

Jessie Laura Olinka Kaneza w’imyaka 21 ufite ubwenegihugu bw’uBurundi,  , yapfiriye mu Bubiligi azize impanuka y’imodoka. Amakuru avuga ko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko ukabije nkuko Polisi yo muri iki gihugu ibitangaza Polisi ivuga ko kugeza ubu igikora iperereza ku cyateye iyo mpanuka yabereye mu muhanda  wa E403 mu karere ka Roulers-Izegem, mu ntara ya Flande […]

Muhanga: Musenyeri Ntivuguruzwa yasuye abarwayi abagenera ubutumwa

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar yasuye abarwayi 246 abagenera ubutumwa burimo n’impano. Ku munsi wahariwe abarwayi wizihijwe kuri iki Cyumweru Tariki ya 09 Werurwe 2025, Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar n’abandi bayobozi bageneye abarenga 200 barwariye mu Bitaro bya Kabgayi ubutumwa bubihanganisha babaha n’impano zirimo ibikoresho by’isuku n’ibiribwa bibikwa […]

Ruhango: Kugaburira abana ku ishuri byazamuye ireme ry’Uburezi 

Gahunda Leta yo kugaburira abana ku Ishuri ryatumye ireme ry’Uburezi rizamuka binateza imbere ibikorwa by’Ubuhinzi mu Rwanda. Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwabitangaje kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 07 Werurwe 2025 ubwo bwizihizaga isabukuru  y’Imyaka 10 iyi gahunda imaze igiyeho. Mu ijambo rye, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Muhoza Louis, yavuze ko mu myaka […]

Abakuru b’ibihugu bya SADC bemeje gukomeza gushyigikira DRCongo

Inama  idasanzwe ihuza abakuru b’ibihugu b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC),yabaye kuwa 6 Werurwe 2025, hifashishijwe ikoranabuhanga , yemeje ko uyu muryango ukomeza gushyigikira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yambuwe imwe mu mijyi n’inyeshyamba za M23. Iyi nama yabaye mu buryo bw’iyakure, yatumijwe na Dr. Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Tanzania […]

RGB yahagaritse amatorero abiri yakoraga mu buryo butemewe

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere,RGB, kuri uyu wa kane tariki ya 6 Werurwe 2025, rwatangaje ko rwahagaritse imiryango ishingiye ku myemerere, ibiri ariyo Elayono Pentecostal Blessinga Church riyobowe na Reverend Prophet Erneste Nyirindekwe na Sons of Korah International . Uru rwego ruvuga ko “ Rwamenyesheje inzego z’Ibanze ndetse n’iz’umutekano ko iyi miryango itemerewe gukorera mu Rwanda  kubera […]