Browsing category

Imyidagaduro

Maranatha Family Choir yasohoye ’Irasubiza’ ihumuriza imitima ihagaze-VIDEO

Maranatha Family Choir yasohoye ’Irasubiza’ ihumuriza imitima ihagaze-VIDEO

Maranatha Family Choir yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Irasubiza”, irimo ubutumwa buhumuriza imitima, ikangurira abantu gukomeza kwizera Imana kuko ari yo isubiza amasengesho y’abizera. ‘Irasubiza’ ni indirimbo yavukiye mu mutima wa Aimable Byiringiro, umwe mu bagize Maranatha Family Choir, ubwo Imana yamushyiraga ku mutima ubutumwa bukomeye. Iyi korali ivuga ko ubwo Bugingo yayigezaga kuri bagenzi […]

Rubavu: Hagiye gutangwa ibihembo ku bahanzi bitwaye neza

Rubavu: Hagiye gutangwa ibihembo ku bahanzi bitwaye neza

Abahanzi bitwaye neza mu myaka itatu bagiye guhabwa ibihembo bizatangwa mu byiciro 12 ndetse hashakwe n’abafite izindi mpano zihariwe nabo bahembwe mu byiswe Rubavu Music Award. Ni amarushanwa azakorwa hifashishijwe abanyamakuru bakorera mu karere ka Rubavu ari nabo bazagena abahabwa ibihembo 50% ndetse n’abaturage nabo bazatore 50%. Vital Ringuyeneza, umuyobozi Mukuru wa Vision Jeunesse Nouvelle […]

Gweda 21 yasohoye indirimbo nshya-VIDEO

Gweda 21 yasohoye indirimbo nshya-VIDEO

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukorera umuziki muri Canada, Gweda 21, yashyize hanze indirimbo nshya yakoranye n’abahanzi Wlnone na Sid Wurd. Ni indirimbo uyu musore ukomoka mu Karere ka Musanze yise ‘All My Life’, igaruka ku rugendo rwe rwo guhindura umuziki nyarwanda. Avuga ko yahisemo gukorera ibihangano bye muri Canada mu rwego rwo gukora umuziki mpuzamahanga, anashaka kongera […]

Umuhanzi Jose Chameleon  yaretse inzoga n’itabi

Umuhanzi ukunzwe muri Uganda, Jose Chameleon, yatangaje ko yaretse inzoga n’itabi kubera uburwayi amaranye iminsi ndetse yiyemeje gukomeza umuziki. Abitangaje nyuma yaho avuye mu  Btaro byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe arwaye indwara yo mu nda  yatewe no kunywa inzoga nyinshi n’itabi. Kuwa 12 Mata 2025 nibwo Chameleone n’umuvandimwe we […]

Yagarukanye imbaraga! Twumvane indirimbo nshya ya Richard Nick Ngendahayo

Umunyabigwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Uri Byose Nkeneye”, aca amarenga y’imishinga ikomeye mu muziki yiganjemo indirimbo nshya. Nyuma y’imyaka irenga 15 atari mu Rwanda atanakora cyane ibya muzika, Richard Nic Ngendahayo yagarukanye imbaraga n’umutima wuzuye kuramya. Ku ikubitiro yasohoye indirimbo “Uri Byose Nkeneye” […]

Bwiza yakuriye ingofero umutekano uri i Goma

Umuhanzikazi Bwiza Emerance, ukubutse mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ugenzurwa n’abarwanyi ba AFC/M23, yishimiye ko yahasanze umutekano n’isuku idasanzwe. Ibi Bwiza yabigarutseho mu butumwa yasangije abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga ze. Mu mashusho yasohoye amugaragaza atembera mu Mujyi wa Goma, yerekana isuku idasanzwe n’ituze ryinshi, ibintu bihabanye n’uko byari bimeze […]

Chryso Ndasingwa yambariye guha pasika y’umunezero abizera Kristo Yesu

Chryso Ndasingwa witegura gutaramira Abanyarwanda kuri Pasika mu gitaramo ‘Easter Experience’, we n’abaramyi bazafatanya bateguje abantu kuzabaha ibyishimo bisendereye mu gitaramo kizaba kigamije kwishimira izuka rya Yesu Kristo. Ni igitaramo kizaba ku Cyumweru tariki 20 Mata 2025, kikazabera i Rusororo kuri Intare Conference Arena. Chryso Ndasingwa, ugiye gukora igitaramo bwa mbere kuri Pasika, avuga ko […]

Umuraperi Zeotrap agiye gutanga ibyishimo i Rubavu

Umuraperi Zeotrapp umaze kwigarurira imitima y’urubyiruko rw’imbere mu gihugu no hanze, ategerejwe mu gitaramo kizabera mu murenge wa Kanzenze ahazwi nko Ku Kabari mu Karere ka Rubavu. Zeotrapp azataramira muri “Ingagi Bar” tariki 03 Gicurasi Werurwe 2025 mu ijoro ryitezwemo udushya twinshi. Ni mu gitaramo azafatanyamo n’umuhanzi uri mu bazamuka neza mu Karere ka Rubavu […]

Patient Bizimana yageze muri Canada aho agiye gutaramira-AMAFOTO

Umuramyi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yageze muri Canada aho agiye gutanga ibyishimo mu bitaramo bibiri azakorera muri icyo gihugu. Uyu muramyi ukunzwe n’abatari bake, biteganyijwe ko azataramira i Montreal ku wa 19 Mata, hanyuma ku wa 20 Mata akazataramira i Ottawa mu gitaramo cyiswe ‘Easter Celebration’. Ni ibitaramo azahuriramo […]

Aissa Cyiza yahawe inshingano nshya muri Royal FM

Umunyamakuru ufite uburambe, Aissa Cyiza, yagizwe Umuyobozi wungirije wa Radio, Royal FM. Ni nyuma y’uko uyu munyamakuru, ari umwe mu bamaze imyaka myinshi ari umukozi w’iyi Radio. Aissa yagizwe Umuyobozi wungirije muri iki Kigo, nyuma yo kuba ari umwe mu bahamaze igihe kandi afite uburambe mu mwuga w’itangazamakuru. Cyiza ni umwe mu banyamakuru bafite uburambe, […]