Browsing category

Ubuzima

Abagorwa no kubona ‘Cotex’ mu gihe cy’imihango bagiye gufashwa

Abagorwa no kubona ‘Cotex’ mu gihe cy’imihango bagiye gufashwa

Umuryango Women for Women Rwanda watangije ubukangurambaga bwitwa ‘March For Her Flow’, bugamije gushishikariza abantu gutera inkunga mu gutanga ibikoresho by’isuku bikenerwa n’abagore n’abakobwa mu gihe cy’imihango. Ubu bukangurambaga bujyanye n’uko Isi ikomeje kwizihiza Ukwezi kw’Abagore kwizihizwa muri Werurwe buri mwaka. Ni mu gihe bamwe mu bakobwa n’abagore bagorwa no kutabona ibikoresho by’isuku birimo amazi […]

Abanyarwanda bakanguriwe kwita ku isuku yo mu kanwa

Abanyarwanda bakanguriwe kwita ku isuku yo mu kanwa

IKigo cy’Igihugu cyita ku Buzima,RBC, cyasabye Abanyarwanda kurushaho kwita ku isuku yo mu kanwa kuko iyo bidakozwe neza bishobora gutera izindi ndwara zitandura. Tariki ya 20 Werurwe, Isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’indwara zo mu kanwa, kuri iyi nshuro wahawe insanganyamatsiko igira iti “Mu kanwa hazima, Isema ryange”. RBC ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe ku ndwara zitandura […]

Kanseri y’ibere iracyisasira imbaga muri Afurika

Kanseri y’ibere iracyisasira imbaga muri Afurika

Inzobere mu buvuzi bwa Kanseri bemeza ko iy’ibere ari iya mbere mu guhitana abagore, ariko yoroshye mu kuyisuzuma no kuyivura, aho uyirwaye aba afite amahirwe yo kuyikira mu gihe yivuje hakiri kare. Byavugiwe mu nama yahurije i Kigali inzobere n’abahanga mu guhangana na kanseri y’ibere ku rwego rw’Isi, kuri uyu wa 4 Werurwe 2025. Izi […]

Serivisi zo kubaga kwa muganga si iz’abifite gusa- Min Nsanzimana

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nzanzimana Sabin, yavuze ko serivisi zo kubaga zikenewe na bose, asaba kurandura imyumvire y’abumva ko ari iz’abifite gusa kubera ikiguzi kikiri hejuru ndetse n’ubuke bw’abaganga babaga abarwayi. Dr. Nsanzimana yabivuze ku wa 24 Gashyantare 2025 mu gufungura inama Nyafurika y’impuguke zisaga 600 mu kubaga abarwayi, ibera i Kigali. Iyi nama yatangijwe na […]

Gakenke: Abaganga basabwe kwisanisha n’ububabare bw’abarwayi

Abaforomo n’ababyaza barangije mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, riherereye mu Karere ka Gakenke, basabwe kwitangira akazi kabo bavura neza ababagana, bakisanisha n’ububabare bafite ndetse bakabarema agatima aho kubuka inabi. Ni ubutumwa bahawe ubwo hatangwaga impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, ku nshuro ya munani, aho abaforomo n’ababyaza 100 […]

Abagana gare ya Nyabugogo bashyiriweho Poste de santé

Abagana gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo ivuga ko bashyiriweho ivuriro ry’Ibanze mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abayigana. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali  buvuga ko nyuma yo gusanga hari abajyaga bahura n’ibibazo by’ubuzima bakabura ubutabazi bw’ibanze , bwashyizeho iri vuriro mu rwego rwo kugoboka ubuzima bw’abagana iyi gare. Iri vuriro  rizajya ritanga serivisi zitandukanye zirimo gusuzuma indwara ,kuvura […]

Hatangijwe uburyo buzafasha abarwayi gutanga amakuru bisanzuye

Mu gihe hari abarwayi ba zimwe mu ndwara bavuga ko amakuru y’uburwayi bwabo ajya hanze, ubu hatangijwe uburyo buzatuma ayo makuru azajya aguma hagati yabo na muganga, hagamijwe kurushaho kubungabunga ibanga ry’amakuru yabo no kubahiriza uburenganzira bwabo ku buzima bwite. Ni sisitemu yitwa iCLM, yatangijwe n’Impuzamiryango itari iya Leta irwanya virusi itera SIDA, ikanaharanira guteza […]

Sobanukirwa ububi bw’itabi n’uko warizinukwa

Itabi ririmo nikotine, bumwe mu burozi bwangiza umubiri kurusha ubundi, bushobora gutuma umuntu ashabuka, ariko nanone bukaba bwamutera kujunjama n’urupfu. Kunywa itabi bituma ubwo burozi bugera mu bwonko vuba kandi bugatembera mu maraso mu buryo bwihuse. Umuntu unywa ipaki y’itabi ku munsi aba anyoye uburozi bukubye incuro 200 ubwo anyoye mu gihe aritumuye incuro imwe. […]

Rwanda: Abaganga babaga bari munsi y’inshuro icumi z’abakenewe

Abakora mu rwego rw’ubuvuzi mu Rwanda bagaragaza ko ubu abaganga babaga bakiri bake ku buryo bari munsi y’inshuro icumi z’abakenewe ngo buri murwayi ukeneye kuvurwa abazwe agerweho n’ubwo buvuzi. Byagaragarijwe mu kiganiro cyagarutse ku myiteguro y’u Rwanda ku kwakira inama nyafurika y’abaganga babaga izabera i Kigali. Ni inama yiswe Panafrican Surgical Conference, izaba hagati y’itariki […]

Muri 2027 kanseri y’inkondo y’umura izaba yaracitse mu Rwanda

Tariki ya 1 Gashyantare 2025, Guverinoma y’u Rwanda yatangije ku mugaragaro ingamba zigamije kurandura kanseri y’inkondo y’umura bitarenze umwaka wa 2027. Izi ngamba zagaragajwe ku munsi wa kabiri w’igikorwa cyo gutangaza gahunda y’imyaka 5 yo guteza imbere urwego rw’ubuzima (HSSP V) ndetse na gahunda y’Igihugu yo kurandura kanseri y’inkondo y’umura bitarenze 2027. U Rwanda ruvuga […]