Browsing category

Ubuzima

Uko Mukarurangwa yigobotoye Malaria

Uko Mukarurangwa yigobotoye Malaria

Mukarurangwa Marie Rose utuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara, aratangaza ko nyuma y’igihe malaria yarafashe indaro mu rugo rwe ubu hashize imyaka ibiri ihacitse kubera kurara mu nzitiramubu. Uyu murenge wa Mukindo Mukarurangwa atuyemo uri mu mirenge y’aka karere yakunze kubamo malaria cyane bitewe no kuba uturiye igishanga cy’Akanyaru kizwiho kuba indiri y’imibu […]

Malariya ikomeje kwiyongera muri Nyagatare

Malariya ikomeje kwiyongera muri Nyagatare

Mu mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Nyagatare, abaturage bavuga ko malariya ikomeje kwiyongera, ariko Akarere kavuga ko hafashwe ingamba zo kuyihashya. Kugeza ubu, Akarere ka Nyagatare kari ku mwanya wa kabiri mu turere turwaza cyane malariya mu Rwanda. Muri Werurwe 2025, hagaragaye abarwayi 4,665, muri bo 3,194 bavuwe n’abajyanama b’ubuzima. Abaturage bavuga ko […]

Ifata abato n’abakuze: Byinshi ku ndwara ya “Stroke” yica cyane

Ifata abato n’abakuze: Byinshi ku ndwara ya “Stroke” yica cyane

Isi ya none ihangayikishijwe bikomeye n’indwara ya Stroke, yugarije ibyiciro by’abato n’abakuze. Uretse kuba iza ku mwanya wa gatatu mu ndwara zica abantu benshi ku Isi, isigira benshi ubumuga bukomeye. Abahanga mu buzima bavuga ko ikintu cya mbere gitera stroke ari igihe imitsi igaburira ubwonko amaraso iba yifunze kandi impamvu zifunga iyo mitsi zaba nyinshi, […]

Abaturage barasabwa kwitwararika ku biribwa bitujuje ubuziranenge

Ikigo cy’Igihugu Gitsura Ubuziranenge, RSB, kivuga ko iyo ubuziranenge butitaweho bigira ingaruka zikomeye ku buzima, bityo abaturage bakaba basabwa kwirinda ibiribwa bitabwujuje kuko ari intandaro y’indwara zikomeye zihitana ubuzima bwa benshi. Ibi byagarutsweho mu bukangurambaga buri gukorwa na RSB, NCDA, na MINAGRI bwakomereje mu Karere ka Rubavu, aho hibanzwe ku kubungabunga ubuziranenge bw’imbuto n’imboga. Abaguzi, […]

Abagorwa no kubona ‘Cotex’ mu gihe cy’imihango bagiye gufashwa

Umuryango Women for Women Rwanda watangije ubukangurambaga bwitwa ‘March For Her Flow’, bugamije gushishikariza abantu gutera inkunga mu gutanga ibikoresho by’isuku bikenerwa n’abagore n’abakobwa mu gihe cy’imihango. Ubu bukangurambaga bujyanye n’uko Isi ikomeje kwizihiza Ukwezi kw’Abagore kwizihizwa muri Werurwe buri mwaka. Ni mu gihe bamwe mu bakobwa n’abagore bagorwa no kutabona ibikoresho by’isuku birimo amazi […]

Abanyarwanda bakanguriwe kwita ku isuku yo mu kanwa

IKigo cy’Igihugu cyita ku Buzima,RBC, cyasabye Abanyarwanda kurushaho kwita ku isuku yo mu kanwa kuko iyo bidakozwe neza bishobora gutera izindi ndwara zitandura. Tariki ya 20 Werurwe, Isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’indwara zo mu kanwa, kuri iyi nshuro wahawe insanganyamatsiko igira iti “Mu kanwa hazima, Isema ryange”. RBC ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe ku ndwara zitandura […]

Kanseri y’ibere iracyisasira imbaga muri Afurika

Inzobere mu buvuzi bwa Kanseri bemeza ko iy’ibere ari iya mbere mu guhitana abagore, ariko yoroshye mu kuyisuzuma no kuyivura, aho uyirwaye aba afite amahirwe yo kuyikira mu gihe yivuje hakiri kare. Byavugiwe mu nama yahurije i Kigali inzobere n’abahanga mu guhangana na kanseri y’ibere ku rwego rw’Isi, kuri uyu wa 4 Werurwe 2025. Izi […]

Serivisi zo kubaga kwa muganga si iz’abifite gusa- Min Nsanzimana

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nzanzimana Sabin, yavuze ko serivisi zo kubaga zikenewe na bose, asaba kurandura imyumvire y’abumva ko ari iz’abifite gusa kubera ikiguzi kikiri hejuru ndetse n’ubuke bw’abaganga babaga abarwayi. Dr. Nsanzimana yabivuze ku wa 24 Gashyantare 2025 mu gufungura inama Nyafurika y’impuguke zisaga 600 mu kubaga abarwayi, ibera i Kigali. Iyi nama yatangijwe na […]

Gakenke: Abaganga basabwe kwisanisha n’ububabare bw’abarwayi

Abaforomo n’ababyaza barangije mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, riherereye mu Karere ka Gakenke, basabwe kwitangira akazi kabo bavura neza ababagana, bakisanisha n’ububabare bafite ndetse bakabarema agatima aho kubuka inabi. Ni ubutumwa bahawe ubwo hatangwaga impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, ku nshuro ya munani, aho abaforomo n’ababyaza 100 […]

Abagana gare ya Nyabugogo bashyiriweho Poste de santé

Abagana gare Mpuzamahanga ya Nyabugogo ivuga ko bashyiriweho ivuriro ry’Ibanze mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abayigana. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali  buvuga ko nyuma yo gusanga hari abajyaga bahura n’ibibazo by’ubuzima bakabura ubutabazi bw’ibanze , bwashyizeho iri vuriro mu rwego rwo kugoboka ubuzima bw’abagana iyi gare. Iri vuriro  rizajya ritanga serivisi zitandukanye zirimo gusuzuma indwara ,kuvura […]