Mu mikino isoza iy’amatsinda mu itsinda A, ikipe y’Ingabo yatsinze Vipers SC ibitego 2-1 ariko irasezererwa mu gihe Gor Mahia yatsinze FC Garde Républicaine bikayihesha itike ya 1/2 mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Imikino isoza iy’amatsinda muri iri tsinda, yabaye ku wa Kane, tariki ya 30 Nyakanga 2026, umwe ubera kuri Stade Amahoro mu gihe undi wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
APR FC yari ihanzwe amaso n’abakunzi bayo benshi, yakiniye kuri Stade Amahoro ndetse inabona intsinzi yakuye kuri Vipers SC ubwo yayitsindaga ibitego 2-1.
Ikipe y’Ingabo yatsindiwe na Mamadou Traoré na kapiteni wayo, Djibril Quattara ariko iyi ntsinzi yasize isezerewe itarenze umutaru.
Abanya-Uganda batsindiwe na Gusto Mulongo ariko icyo gitego ntabwo cyari gihagije kuko basabwaga byibura kunganya ngo bakatishe itike ya 1/2.
Gor Mahia yo ibifashijwemo na Paul Okoth ku munota wa Gatatu, yatsinze FC Garde Républicaine igitego 1-0 binayihesha kugera muri 1/2.
Vipers SC n’ubwo yatsinzwe, izategereza kureba uko mu yandi matsinda abiri bazasoza imikino y’amatsinda.
Gor Mahia yasoje ifite amanota atandatu n’ibitego bitanu izigamye, ikurikirwa na Vipers SC banganya amanota ariko yo ikazigama bibiri mu gihe APR FC ari iya Gatatu nayo n’amanota atandatu n’umwenda w’ibitego bibiri, mu gihe Abanya-Djibouti batsinzwe imikino yose bakaba bafite umwenda w’ibitego bitandatu.







UMUSEKE.RW
