Kamonyi: Habonetse umurambo w’umusore

Umusore witwa Iradukunda Souvenir, ufite imyaka 31 y’amavuko wo mu Karere ka Kamonyi abaturanyi be bamusanze amanitse mu giti yapfuye, birakekwa ko yaba yiyambuye ubuzima.

Byabereye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Rukoma, ku wa 7 Nyakanga 2026.

Abaturanyi bavuga ko bageze kwa nyakwigendera mu gitondo, bakinguye basanga ari mu nzu amanitse mu mugozi, yamaze gupfa.

Umwe yagize ati: “Umurambo we wabonetse mu kanya gashize, kuko twamusanze amanitse mu mugozi kandi yari yamaze kwitaba Imana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, Mandela Innocent, yahamirije UMUSEKE urupfu rwa Iradukunda.

Avuga ko bakimara guhabwa raporo y’uko bikekwa ko yiyahuye, batabaje inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano.

Ati: “Ubu tuvugana, ni ho twese turi. RIB yatangiye gukora iperereza ku rupfu rw’uyu musore.”

Gitifu Mandela avuga ko andi makuru arenze kuri ayo ashobora gutangwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, kuko ari rwo rufite mu nshingano zarwo kugenza icyaha.

Biteganijwe ko, nyuma yo gukora iperereza ry’ibanze, umurambo wa nyakwigendera woherezwa mu Bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Kamonyi

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *