Netanyahu yateje impaka yigamba ko yasuye UAE mu ibanga

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yigambye ko yasuye Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Abarabu (UAE) mu ibanga ubwo intambara na Iran yari irimbanyije, iki gihugu cyo kirabihakana.

Ni mu butumwa Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel byanditse ku mbuga nkoranyambaga ku wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 2026.

Ibi Biro byivuga ko ubwo ibikorwa bya gisirikare byiswe ‘Umutontomo w’Intare’ byari birimbanyije, Israel iri kurasa kuri Iran, Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yasuye mu ibanga Leta zunze Ubumwe za Abarabu ahura na Perezida Sheikh Mohammed bin Zayed.

Ubwo butumwa bugira buti “Uru ruzinduko rwabaye urw’amateka hagati ya Israel na UAE.”

Aya makuru haciyeho igihe gito, Leta zunze Ubumwe za Abarabu zirayahakana binyuze mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

Ivuga ko umubano wabo na Israel ubera mu ruhame, kandi ukagengwa n’amasezerano ya ‘Abraham Accords’, aya akaba yarasinywe hagati ya Israel n’ibihugu by’Abarabu ku buryo bigomba gukorana.

Leta zunze Ubumwe za Abarabu ziti “Ntabwo ushingiye [umubano] ku nzira zitazwi cyangwa zidaciye mu mucyo.”

Ikinyamakuru Reuters cyatangaje ko guhura kwa Netanyahu na Sheikh Mohammed bin Zayed byabereye mu Mujyi wa Al-Ain uri hafi na Oman.

Ubwo intambara yari irimbanyije, Isreal na America barasa kuri Iran. Iran mu gusubiza yarashe bikomeye mu mijyi ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu mu mijyi nka Dubai na Abu Dhabi.

Hari amakuru aherutse gusakara avuga ko Leta zunze Ubumwe za Abarabu zagabye ibitero na zo muri Iran hifashishijwe indege na misile.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article