Perezida Trump arashaka komeka Venezuela kuri Amerika 

Perezida Donald Trump wa Amerika

Perezida Donald Trump yavuze ko afite gahunda yo kugira Igihugu cya Venezuela Leta ya 51 mu zigize Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Si ubwa mbere Trump agaragaje icyifuzo cyo kugira ubutaka bw’ikindi Gihugu Leta ya 51 ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, yabivuze kuri Canada, Cuba na Greenland.

Ibi byo gufata Venezuela akayomeka kuri Amerika, Trump yabitangarije John Roberts, Umunyamakuru wa Foxnews mu kiganiro bagiranye kuri telefone ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026.

Uyu munyamakuru yavuze ko Trump yamubwiye ko akomeje gutekereza byimbitse ku buryo Venezuela yaba Leta ya 51 ya Amerika, bitewe n’umutungo wa peteroli iki gihugu gifite, ubarirwa muri miliyari 40.000 z’amadolari ya Amerika.

Trump ati “Venezuela ikunda Trump.”

Ku itegeko rya Trump, abasirikare ba Amerika bateye Perezida Nicolás Maduro wayoboraga icyo gihugu, bamukura mu ngoro ye i Caracas, ubu akaba afungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yashinjaga Maduro gukorana n’udutsiko tw’amabandi yoherezaga ibiyobyabwenge n’intwaro ku butaka bwa Amerika.

Ubu Venezuela iravuga rumwe na Amerika ndetse peteroli ya Venezuela isigaye ijya muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Urwego rw’Amerika rushinzwe Ingufu mu Ntangiriro za Gicurasi 2026 rwavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zabashije gukura ibilo 13,5 bya ,Uranium, ifite ubukana mu kigo cy’ubushaskashatsi ku ngufu za nucléaire cya Venezuela, ijya kuyibika ahantu hatekanye muri Amerika.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *