Umutoza w’u Bubiligi yaninuye Sénégal

Nyuma yo gusezerera ikipe y’Igihugu ya Sénégal ayitsinze ibitego 3-2 mu mukino wa 1/16 w’Igikombe cy’Isi 2026, umutoza w’ikipe y’Igihugu, Rudi Garcia yavuze ko bari bizeye ko impera z’umukino zitaza korohera abanya-Afurika.

Mu rukerera rwo ku wa 1 Nyakanga 2026, ni bwo ikipe y’Igihugu y’u Bubiligi yasezereye Sénégal iyitsinze ibitego 3-2 nyamara abanya- Sénégal ni bo bari babanje kubona izamu inshuro ebyiri.

Uyu mukino wa 1/16, wageze ku munota wa 86 abanya-Afurika bari imbere n’ibitego 2-0 ariko iminota 90 irangira amakipe yombi anganya 2-2 mu gihe batsinzwe igitego cyabasezereye mu minota y’inyongera 120+5.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino, umutoza w’u Bubiligi, Rudi Garcia, yatanze ubutumwa burimo kuninura Sénégal n’amakipe ahagarariye Umugabane wa Afurika muri iri rushanwa.

Yagize ati “Twari tubizi ko ubwoko bw’aya makipe batakaza umwimerere wabo mu buryo bw’amayeri yo gukina mu mpera z’umukino.”

Yakomeje agira ati “Twari tuzi ko ku bitego 2-0 baza gukora byose ngo barinde izamu ryabo, ari ryo kosa rikomeye bakoze kuri njye. Ndabibutsa ko iyaba ari we dufite 2-0, ntabwo twari gukora gutyo. Kubera ko igihe utsinzwe igitego nk’uko bagitsinzwe bikaba 2-1, umukino wose uhita uhinduka.”

“Byari byiza gutsinda igitego mu minota ya nyuma kuri penaliti yari iy’ukuri.”

Uretse Sénégal yatsinzwe igitego cyayisezereye ku munota wa nyuma, n’ibindi bihugu bine mu byari bihagarariye Afurika mu Gikombe cy’Isi, byasezerewe , byatsindiwe mu minota ya nyuma.

Afurika y’Epfo yatsinzwe na Canada igitego ku munota wa 90+2, Côte d’Ivoire yagitsinzwe ku munota wa 86 na Norvège, RD Congo yagitsinzwe ku wa 86 n’u Bwongereza na Sénégal yagitsinzwe ku wa 120+5 n’u Bubiligi.

Rudi Garcia yaninuye amakipe yo muri Afurika
Mu minota itatu gusa abanya-Sénégal batsinzwemo ibitego bibiri
Amakipe yo muri Afurika akomeje gutsindirwa mu minota mibi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *