Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu Karere ka Gicumbi bikekwa ko yitabye Imana nyuma yo gutegerwa kumara amacupa atanu y’inzoga zo mu bwoko bwa Rikeri ‘ , Uganda Walagi ‘ ngo bamuhe ibihumbi 30 Frw ariko aza kwitaba Imana atarayamara.
Ibi byabaye kuwa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026, bibera mu Murenge wa Mukarange, mu karere ka Gicumbi.
Abamenye aya makuru babwiye BTN TV ko nyuma yo gutegerwa n’abasore bagenzi be basangiraga, uyu musore yaje kumererwa nabi , bahita bamwirukankana kwa muganga.
Umwe yagize ati “ […] nyuma yaho ababyeyi baje baramuryamisha, bahuruza isukari, bamujyana kwa muganga , bigeze mu masaha ya saa cyenda z’amanya ngo bahamagaza ‘ Ambulance’ , aba arapfuye.
Undi nawe ati “ Bamutegeye kunywa amacupa atanu ya ‘Walagi nya walagi , baranywa, ubwo nawe ari kohereza, birangira arembye, bamujyana ku Bitaro bya Mukarange. Bamugejejeyo mu gihe bari bahamagaye Imbangukira gutabara ahita yitaba Imana. “
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange , Rusizana Joesph avuga ko “ Batahamya ko yishwe n’izo nzoga gusa hategerejwe iperereza ry’inzego zibishinzwe kugira ngo zemeze icyo nyakwigendera yazize.”
Uyu nyakwigendera amakuru avuga ko yari asanzwe ari urubyiruko rw’umukorerabushake ‘ Youth Volunteers , ndetse ko yari asoje amashuri yisumbuye .
Umurambo wa nyakwigendera wari ukiri mu Bitaro bya Mukarange mu gihe hari hagitegerejwe ko ujyanwa gukorerwa isuzuma.
UMUSEKE.RW
