Mu karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Matimba , hagiye kuzura icyuzi gihangano , ‘valley dam’ kizatwara miliyoni 486 frw kizafasha aborozi kubona amazi mu nzuri azifashishwa mu kuhira amatungo.
Iki cyuzi gihangano ‘ Valley dams’ biteganyijwe ko imirimo yo kugitunganya izarangira mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama, kizazaba kingana na matero kibe 28396.53
Ni icyuzi cyubatswe n’umushinga wa RDDP2. Ni umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda, wagizwemo uruhare na Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (IFAD) binyuze muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ugashyirwa mu bikorwa n’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB).
Ntakuriryayo Welllars ushinzwe gukurikirana imirimo y’ikorwa y’icyuzi gihangano , ’ Valley dam,’ cya Bwera mu Murenge wa Matimba, avuga ko kizifashishwa n’abaturage mu bikorwa byo kuhira amatungo kandi amazi yacyo atazigera abura.
Ati “ Tuzaba dufite ububiko buhoraho . Noneho mu gihe cy’amazi menshi , adakakenewe azajya agenda ajya mu mirima. Ubu tugiye gushyiraho n’uruzitiro ku buryo nta mwana wajyamo. “
Umukozi w’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), ushinzwe umushinga wa RDDP2 mu turere twa Gatsibo na Nyagatare, Kayumba John , avuga ko muri aka karere hari kubakwa ibyuzi bitatu bya ‘ valley Dams’ bizafasha aborozi gutuma inka zibona amazi.
Ati “ Hano mu karere ka Nyagatare hari ibyuzi bihangano bitatu biri gukorwa n’umushinga RDDP2 , rero ibi byuzi biri hafi kurangira. Mu kwezi kwa cyenda, yewe no mu kwezi kwa munani aho imvura igwa kare, twizeye ko hamwe no gukurikirana ibikorwa bizajya kugera ibi byuzi byaruzuye . Bigafasha aborozi bamaze amazi . Biriho kugira ngo bibe ubuhinikiro bw’amazi aho umworozi azajya ayavoma , ayajyana mu kidamu cye .”
Asaba aborozi kuzabigiramo uruhare bagifata neza.
Imbamutima z’aborozo bagiye kubona ‘Valley dams’
Mutabazi James , ni umworozi wo mu Murenge wa Matimba , mu Kagari ka Bwera.
Uyu avuga ko we kimwe na bagenzi be b’aborozi, bajyaga bagira ikibazo cy’amazi ku buryo bajyaga kuyashaka mu mugezi w’Akagera bikagira uruhare mu kugabanuka k’umusaruro w’umukamo.
Yongeraho ko biteze ko iki cyuzi kizatuma inka zibona amazi neza kandi n’umukamo ukiyongera.
Ati “ Amazi yakamaga, tukajya kuyashaka mu Kagera, ugasanga inka zirayabuze, abavomyi bakajya mu Kagera bakabura amazi. Ariko ndumva iki gikorwa kiraza kudufasha. Inka ubu zigiye kujya zinywa Kabiri. Zanywaga rimwe ugasanga bigabanyije umukamo. Mu gihe cy’izuba , inka yakamwaga litiro umunani , yakamwaga nka litiro nk’eshatu gusa.”
Undi nawe ati “ Ndibwira ko uyu mushinga wa RDDP2 ushobora kuzabidufashamo cyangwa tukazarema n’inama y’uburyo dukwiye gufata neza iki cyuzi.”
Uyu mushinga wa RDDP2 biteganyijwe ko uzafasha aborozi mu kubona ibiryo by’amatungo, amazi, serivisi z’ubuzima bw’amatungo n’ubworozi, amahugurwa, no gutangiza uburyo bwo korora habungabungwa ibidukikije hamwe no gushaka ibisubizo bishingiye ku bidukikije.
Binyuze muri uyu mushinga, biteganyijwe ko 90% by’ingo zitunze inka z’umukamo zizongera amafaranga zinjiza ku kigero cya 30%.




TUYISHIMIRE Raymond
UMUSEKE.RW/ Nyagatare
