Ubuyobozi bwa Mukura VS, bwatangaje ko yatandukanye na Tomáš Trucha wari uje kuyitoza ariko bagatandukana ataranatangira akazi.
Ni nyuma y’amasaha make uyu mutoza ageze mu Rwanda ndetse akakirwa na bamwe muri bayobozi b’iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Huye.
Mukura yasohoye Itangazo ku wa 20 Nyakanga 2026, Itangazo ko biciye mu bwumvikane bw’impande zombi, bahisemo gutandukana.
Bivugwa ko Trucha akigera i Kigali, yahise abona ubusabe bw’ikipe yo muri Maldive yamuhaye ibyisumbuye ku byo Mukura yamuhaye.
Ndetse bivugwa ko uyu mutoza wari wasinye amasezerano y’imyaka itatu, yishyuye iyi kipe imishahara y’amezi atanu kugira ngo yemererwe gutandukana nayo.
Mu kiganiro yahaye abashinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho muri Mukura, Uyu Munya-Repubulika ya Tchèque, yavuze ko we n’iyi kipe bakoranye inama ya kinyamwuga bakemeranya ku gutandukana neza kandi buri ruhande rwanyuzwe.
Uyu mutoza ni ho yahereye avuga ko ibindi byavugwa bitari ibyo, byaba ari ibihuha.
Mukura VS igomba gutangira imyitozo ku wa Gatatu, tariki ya 22 Nyakanga 2026, yahise isubira ku isoko ryo gushaka umutoza mukuru.


UMUSEKE.RW
