Ebola ikomeje kwiyongere muri Congo na Uganda

Ebola ikomeje gukangaranya abatuye Isi

Ikigo gishinzwe kugenzeura no gukumira indwara muri Africa, CDC cyatangaje ko imibare y’abanduye Ebola igeze kuri 397 abapfuye byemejwe ko ari yo yabahitanye ni 63.

Iki kigo kivuga ko imibare myinshi ari iyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho abanduye byemejwe ari 381 abapfuye ari 62 ugereranyije n’abantu 16 banduye muri Uganda n’umuntu umwe wapfuye.

Iyi mibare ariko ni iyo ku wa Kane, tariki 4 Kamena 2026.

Kuri uyu wa Gatanu, Uganda yatangaje ko abanduye Ebola hiyongereyeho abantu batatu bivuze ko ubwandu bugeze ku bantu 19.

Abantu babiri Ebola imaze kubahitana muri Uganda, abarwariye kwa muganga ni 13 mu gihe abakize ari 4.

Igiteye impungenge muri Congo ni ubwiyongere bw’abantu 18 bashya byemejwe ko banduye Ebola ndetse bwa mbere agace k’ubuzima ka Lita, mu ntara ya Ituri kagaragayemo umurwayi wanduye Ebola, bituma umubare w’uturere tw’ubuzima turimo icyorezo tugera kuri 26.

Africa CDC kandi kivuga ko izindi mpungenge ziri ku kuba hari abantu 19 batorotse aho bacungirwaga bya hafi mu kigo cyita ku barwayi ba Ebola mu Ntara ya Ituri, muri bo babiri byari byemejwe ko banduye Ebola.

Ibi na byo ngo birashyira mu kaga abaturage kuko bishobora kongera umubare w’abantu banduye Ebola.

Utinya Ebola? Hano hari amakuru yagufasha gusobanukirwa no kuyirinda

UMUSEKE.RW

Share This Article