Inteko ishingamategeko ya Uganda ku yanze kwemeza Dr Lawrence Muganga nk’umwe mu bantu baherutse gushyirwa muri guverinoma na Perezida Yoweri Museveni ivuga ko afite ubwenegihugu bwinshi kandi bitemewe mu mwanya yahawe.
Lawrence Muganga usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya Victoria muri Uganda, wagizwe umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu, ashimangira ko ari Umunyarwanda , bumwe mu bwoko bwemewe muri Uganda ariko ko nta bwenegihugu bw’u Rwanda agira, atavukiye mu Rwanda kandi ataba mu Rwanda.
Ku wa kabiri inteko ya Uganda yemeje abandi bantu bagenwe muri guverinoma ariko yanga ibisobanuro byatanzwe na Muganga ku bwenegihugu bwe, yanga kumwemeza mu mwanya yahawe.
Daudi Kabanda, umwe mu badepite mu nteko ishingamategeko ya Uganda, yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko Muganga atemejwe kubera ko ari Umunyarwanda, kuko ngo “hari n’abandi Banyarwanda bemejwe kuri iyi nshuro na mbere yayo, ariko b’abaturage ba Uganda”.
Kabanda avuga ko Muganga atemejwe nyuma y’uko ahakanye ko afite pasiporo y’u Rwanda “mu gihe komite yakoze iperereza ikemeza ko afite pasiporo eshatu; iya Uganda, iya Canada n’iy’u Rwanda”.
Kabanda avuga ko ibivugwa ko Muganga atemejwe kuko ari Umunyarwanda ari “ibinyoma, biyobya kandi biteye akaga”.
Lawrence Muganga nta cyo aratangaza nyuma y’uko inteko ishingamategeko yanze kumwemeza.
Ibinyamakuru muri Uganda bivuga ko abandi bantu baherutse gushyirwa muri guverinoma na Museveni ku wa kabiri bahaswe ibibazo ku bundi bwenegihugu bafite.
Ibinyamakuru bivuga ko barimo Adonia Ayebare wagizwe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga bivugwa ko afite ubwenegihugu bwa Amerika, na Calvin Echodu na we bivugwa ko afite ubwenegihugu bwa Amerika. Abo ngo bakaba baremeye kureka ubwo bwenegihugu bakagumana ubwa Uganda.
Itegeko muri icyo gihugu ribuza abafite ubwenegihugu bubiri cyangwa bwinshi gufata imirimo imwe n’imwe ya leta harimo iyo ku rwego rwa Minisitiri.
UMUSEKE.RW
