Misiri yabonye intsinzi mu Gikombe cy’Isi

Mu mukino wa kabiri w’Igikombe cy’Isi 2026 mu itsinda G, ikipe y’Igihugu ya Misiri yabonye intsinzi yakuye kuri Nouvelle-Zélande nyuma yo kuyitsinda ibitego 3-1.

Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tarikiya 21 Kamena 2026, hakomeje imikino y’umunsi wa kabiri w’irushanwa ry’Igikombe cy’Isi 2026.

Mu yabaye, harimo n’iyo mu itsinda G aho Misiri yatsinze Nouvelle-Zélande ibitego 3-1. Abanya-Misiri batsindiwe na Mostafa Zico, Mohamed Salah na Trézeguet mu gihe Finn Surman yatsindiye ikipe bari bahanganye.

Iyi ntsinzi ya Misiri, ifite igisobanuro kuko ni yo ya mbere yabonye kuva iki gihugu cyatangira kwitabira iri rushanwa mu 1934.

Uretse gutsinda uyu mukino, Abanya-Misiri banawuciriyemo uduhigo dutandukanye. Mohamed Salah yabaye umukinnyi ukomoka mu Misiri, utsinze igitego mu Gikombe cy’Isi akuze ku myaka 34 n’iminsi irindwi. Undi waherukaga kubikora, ni Magdy Abed El-Ghani wabikoze mu 1990 ubwo yatsindaga igitego muri iri rushanwa afite imyaka 30 n’iminsi 320.

Mostafa Ziko, yabaye umunya-Misiri wa mbere utsinze igitego mu Gikombe cy’Isi akanatanga umupira uvamo ikindi gitego.

Muri iri tsinda kandi, Iran yanganyije n’u Bubiligi 0-0. Byatumye Misiri ifata umwanya wa mbere muri iri tsinda n’amanota ane, ikurikirwa na Iran ifite abiri inganya n’u Bubiligi bwa gatatu mu gihe Nouvelle-Zélande ari yo ya nyuma n’inota rimwe.

Abanya-Misiri bari mu byishimo nyuma yo gutsinda Nouvelle-Zélande ibitego 3-1
Ubwo Trézeguet [7] yari amaze gutsinda igitego
Mohamed Salah yari mu byishimo nyuma yo gufasha igihugu cye gukora amateka
Salah ni izina rinini mu Misiri
Ibyishimo byari byinshi kuri uyu rutahizamu
Abanya-Misiri bashimiye Imana Yabahaye intsinzi
Trézeguet yagize uruhare mu ntsinzi Misiri yabonye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *