Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi yapfuye

Yari umwe mu bihayimana bashyigikira gahunda za Leta no kuzishishikariza abantu

Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi wari Igisonga cy’Umwepiskopi wa Nyundo, yitabye Imana ku Gicamunsi  cyo ku wa 30 Kanama 2026, aguye mu bitaro bya Gisenyi aho yari arwariye.

Itangazo Umushumba wa Kiliziga Gatolika muri Diyoseze ya Nyundo, Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, yashyize hanze yemeje uru rupfu.

Yagize ati ”Mfatanyije n’umuryango Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi avukamo, mbabajwe no kumenyesha abepiskopi, abapadiri, abihayimana, abakristu ba Diyosezi ya Nyundo, inshuti n’abavandimwe, ko Musenyeri Jean Marie Vianney Nsengumuremyi wari Igisonga cy’Umwepiskopi, yitabye Imana mu buryo butunguranye, kuri iki cyumweru tariki ya 30 Kanama 2026 ku gicamunsi ku bitaro bya Gisenyi.”

Musenyeri Mwumvaneza Anaclet yavuze ko imihango yo kumuherekeza no kumusabira, izatangazwa mu rindi tangazo.

Yari muntu ki ?

Musenyeri Nsengumuremyi yari uwihayimana wo muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, wabaye igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo.

Yari azwiho kugira uruhare rugaragara mu gushyigikira no gufasha ibikorwa by’imiryango nka Jesuit Urumuri Center (JUC), mu gufasha abakristu n’abapadiri gusobanukirwa, no gushyira mu bikorwa inyigisho za Kiliziya Gatorika.

Yakunze kugaragara mu bikorwa bishyigikira gahunda za leta zirmo gahunda ya Polisi ishyigikira umutekano wo mu muhanda, “Gerayo Amahoro.”

Musenyeri Jean Marie Vianney NSENGUMUREMYI yitabye Imana azize uburwayi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *