Zaina Namuleme yatandukanye na Rayon Sports WFC

Nyuma yo kuyishinja kutubaha ibikubiye mu masezerano bari bagiranye, Umunya-Uganda, Zaina Namuleme yahisemo gutandukana na Rayon Sports WFC yakiniye imikino ibiri gusa ya CECAFA.

Amakuru yo gutandukana kw’uyu mukinnyi na Rayon Sports WFC, yamenyekanye ku Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.

Tariki ya 21 Nyakanga 2026, ni bwo Zaina yageze i Kigali aje gutangira akazi muri iyi kipe yo mu Nzove.

Bucyeye, yahise atangirana n’abandi imyitozo yo kwitegura CAF Women’s Champions League CECAFA Qualifiers 2026 iri kubera i Kigali.

Uyu mukobwa ukina hagati mu kibuga, yakiniye Murera imikino ibiri gusa muri iri rushanwa muri itatu bakinnye.

Ubuyobozi bw’iyi kipe yo mu Nzove, bwo buvuga ko gutandukana ku mpande zombi, byaciye mu bwumvikane bwa buri ruhande.

N’ubwo Ubuyobozi buvuga ibi ariko, Namuleme we abushinja kutubaha amasezerano bari bagiranye tariki ya 15 Nyakanga 2026.

Uyu mukinnyi avuga ko atigeze ahabwa amafaranga yo gusinya amasezerano (signing fee) ndetse atigeze ahabwa inzu nk’uko bari babyumvikanye.

Yabwiwe ko azajya yihahira ibyo kurya nyamara ngo ibiri mu masezerano bitandukanye n’ibyo.

Uyu mukinnyi yasabye ikipe ko niba yifuza ko ibyo byose yabyikorera, yazamurirwa umushahara ukava ku bihumbi 550 Frw ukagera ku bihumbi 800 Frw ariko nabyo ntibyakorwa.

Icyakora yemera ko yahembwe umushahara umwe w’ukwezi kwa Nyakanga ariko ibindi ntibyubahirizwe.

Uretse Namuleme, undi wamaze kuyisohokamo ni umunyezamu, Valentine utarigeze ukina umukino n’umwe nyamara yari yaguzwe aje kwifashishwa muri CECAFA.

Rayon Sports WFC yasezerewe itarenze amatsinda nyamara mu 2025, yari yageze ku mukino wa nyuma ihatsindirwa na JKT Queens.

Zaina Namuleme yamaze gutandukana na Rayon Sports WFC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *