Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko gihagaritse ubufatanye n’imikoranire yose mu bya gisirikare na Türkiye, kugeza igihe ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bizaba bikemutse.
Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’agateganyo wa Minisiteri y’Ingabo za Uganda, Col. Chris Magezi, ku wa Gatandatu tariki ya 19 Nzeri 2026.
UPDF yatangaje ko ihagarikwa ry’iyi mikoranire ritangiye gukurikizwa ako kanya, ariko ntiyasobanure mu buryo burambuye ibibazo biri hagati ya Uganda na Türkiye byatumye hafatwa iki cyemezo.
Itangazo ryagize riti “Bizakomeza kubahirizwa uko kugeza igihe ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bizaba bikemutse.”
Uganda na Türkiye byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu ngabo mu 2016, agamije guteza imbere imikoranire mu ikoranabuhanga rya gisirikare no mu nganda zikora ibikoresho bya gisirikare.
Aya masezerano yashyizweho umukono ubwo Perezida wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan, yasuraga Uganda.
Iri tangazo rya Uganda ryo gusesa umubano ryasohotse nyuma y’umunsi umwe abantu babarirwa mu magana bibumbiye ku kitwa Patriotic League of Uganda (PLU) bakoze imyigaragambyo bagana kuri Ambasade ya Türkiye i Kampala, basaba ko uwitwa Fred Lumbuye ashyikirizwa Uganda.
Uyu amaze imyaka myinshi aba muri Türkiye, aho akunda gutambutsa ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bunenga ubutegetsi muri Uganda.
Iyi myigaragambyo yayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wa PLU, Fadil Twalla, nyuma y’amabwiriza yatanzwe na Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba na Perezida wa PLU.
Abigaragambyaga bashinjaga Türkiye kwemerera Lumbuye gukoresha ubutaka bwayo mu kunenga ubuyobozi bwa Uganda ariko ntibizwi niba ari yo mpamvu nyamukuru yo gusesa umubano.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

