Browsing category

Mu cyaro

Ikiguzi cyo gushyingura kiratumbagira uko bwije n’uko bukeye

Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko babangamiwe no kuba badafite ahabegereye bashyingura ababo, ndetse n’ahashyizwe amarimbi hagashakwa uburyo bwo korohereza abatishoboye ku kiguzi cyo gushyingura. Ibi ngo bibateza ingaruka zo gukora ingendo ndende bajya gushyingura mu marimbi ya kure, abatabishoboye bagahitamo kurenga ku mategeko, bagashyingura mu masambu yabo kandi bitemewe. Abaturiye irimbi ry’Akarere ka […]

Abagizi ba nabi baravugwaho kwica umugabo wakoze mu nzego z’umutekano

Muhanga: Rukwirangoga Tharcisse w’Imyaka 50 y’amavuko birakekwa ko yatewe icyuma bikamuviramo urupfu, kugeza ubu biri mu iperereza nk’uko ubuyobozi bubivuga. Rukwirangoga Tharcisse yari atuye mu Mudugudu wa Nyarucyamu, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye,  amakuru avuga ko mbere yafashwe n’abantu bataramenyekana kugeza ubu bakamutera icyuma mu rubavu, no mu  mutwe bakamusiga ari intere. Ayo makuru […]

Rulindo: Habereye impanuka ikomeye y’imodoka

Imodoka ya sosiyete ya International itwara abagenzi yakoze impanuka mu murenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo, ubwo yavaga i Kigali yerekeza mu karere ka Musanze. Iyi mpanuka yabaye ku gicamunsi kuri uyu wa 11 Gashyantare 2025, nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabyemereye UMUSEKE. ACP Rutikanga avuga ko iyi modoka yarenze […]

Abagana Ibitaro bya Ruhengeri baremwe agatima

Abarwayi n’abarwaza mu Bitaro bya Ruhengeri bari bamaze igihe binubira serivisi zitanoze, bahumurijwe ko ikibazo kizakemuka nyuma yo kwagura Ibitaro no kubishyira ku rwego rwiza. Byagarutsweho ku wa 09 Gashyantare 2025, ubwo hizihirizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe abarwayi ku nshuro ya 33. Ni ibirori byaranzwe n’igitambo cya Misa, abarwayi bahabwa impano, baranasangira, mu rwego rwo kubagarurira […]

 Umugabo arakekwaho kwica umugore yari yarinjiye

Umugabo wo mu karere ka Nyanza, arakekwaho kwica umugore yari yarinjiye akamusiga mu nzu yapfuye. Byabereye mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Cyabakamyi mu kagari ka Karama mu Mudugudu wa Nyabinombe. Amakuru UMUSEKE wamenye nuko umugore witwa Mukanziga Donatha w’imyaka 34 y’amavuko  bikekwa ko yishwe n’umugabo wari  waramwinjiye witwa  Habimana  bahimba Gasore wari waraje […]

Ruhango: Inzego z’umutekano zafashe abantu 6

Ruhango: Polisi y’u Rwanda ikorera Karere ka Ruhango yataye muri yombi abasore batanu n’umusaza umwe, ibashinja gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Aba bose babasanze mu birombe biherereye mu Mudugudu wa Muremure, Akagari ka Gitinda, Umurenge wa Kinihira ho muri aka Karere ka Ruhango. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye […]

Amajyaruguru: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barasabwa kutadamarara

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko abo mu ngaga zishamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi (Urubyiruko n’Abagore), bibukijwe ko kuba u Rwanda rwaravuye ahabi rukagera aheza, bidakwiye kubatera kudamarara cyangwa kumva ko bageze aho bajya. Babisabwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, Wellars Gasamagera, ubwo habaga amatora y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, hatorwa […]

Barasaba amashanyarazi mu biro by’umudugudu n’ivuriro biyubakiye

GICUMBI: Abaturage bo mu mudugudu wa Rugandu, Akagari ka Nyarutarama, mu murenge wa Byumba, biyubakiye ivuriro rito n’ibiro by’umudugudu, ariko bahangayikishijwe no kutagira umuriro w’amashanyarazi kugira ngo babashe kubona serivisi inoze. Kubaka ivuriro rito (Poste de Santé) n’ibiro by’umudugudu babikoze mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo, bamwe batanga imiganda y’amaboko, abandi bateranya amafaranga, ndetse bifashisha n’inkunga […]

Muhanga: Umusore yagwiriwe n’ikirombe arapfa

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga buvuga ko umusore w’imyaka 18 witwa Rukundo Avelin yagwiriwe n’ikirombe, agapfa. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Ngaru, mu Murenge wa Nyarusange. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange, Ndayisaba Aimable, yabwiye UMUSEKE ko ikirombe uyu musore yaguyemo hari hashize iminsi cyarafunzwe. Avuga ko Rukundo Avelin […]