Browsing category

Mu cyaro

Umuyobozi ukomeye mu Karere aravugwaho kurya amafaranga ya AS Muhanga

Umuyobozi ukomeye mu Karere aravugwaho kurya amafaranga ya AS Muhanga

Abakunzi b’ikipe ya AS Muhanga barashyira mu majwi Mugabo Gilbert, Umuyobozi Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Muhanga, kurya arenga miliyoni 78 z’u Rwanda z’iyi kipe y’Akarere. Abavuganye na UMUSEKE, ariko batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko izo miliyoni zirenga 78 Frw zabuze mu bihe bitandukanye. Aba bafana b’inkoramutima ba AS Muhanga […]

Mayor wa Nyanza yatakambye biba iby’ubusa areguzwa!

Mayor wa Nyanza yatakambye biba iby’ubusa areguzwa!

Inama idasanzwe y’inama njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje uwari umuyobozi w’akarere, Ntazinda Ersme aho ashinjwa kunanirwa kurangiza inshingano ze. Akarere ka Nyanza kuri X yahoze ari Twitter kanditse ko inama idasanzwe yafashe umwanzuro wo guhagarika Mayor Ntazinda mu nshingano zo kuyobora akarere kubera impamvu yo kutuzuza inshingano uko bikwiye Hari hashize igihe uyu mugabo adatorewe […]

Huye: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Huye: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Mu ijoro rya tariki 15 Mata, inzu y’ubucuruzi iherereye mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma mu Kagari ka Butare ahazwi nko mu Cyarabu yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka. Iyi nkongi yibasiye iy’inzu mu masaha ya saa Tanu n’igice z’ijoro, aho imiryango ine yafashwe, harimo umuryango wacururizwagamo ibikoresho by’amashanyarazi, undi wacururizwagamo ibyo kurya bihiye […]

Ruhango: Umurambo w’uruhinja wasanzwe mu ikarito

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango buvuga ko RIB yatangiye iperereza ku mugore wataye uruhinja ku gasozi agacika. Ubuyobozi na bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Munu, Akagari ka Buhanda, Umurenge wa Bweramana bavuga ko hari uruhinja basanze mu ikarito. Bavuga ko rwabonywe n’umugenzi wihitiraga ndetse n’abari baje gutashya […]

Rutsiro: Abaturiye Pariki ya Gishwati-Mukura basabwe kuyirinda

Imiryango 150 ituriye Pariki ya Gishwati-Mukura mu mirenge ya Kigeyo, Mushonyi na Nyabirasi yahawe inkunga, basabwa kubungabunga iri shyamba kuko umwuka uturuka muri iyi pariki ari umutungo ukomeye. Iyi nkunga bahawe ikaba igizwe n’imbabura 150 zibungabunga ibidukikije, ndetse n’imirasire y’izuba 30 ku baturage ba Nyabirasi bataragezwaho amashanyarazi. Iki gikorwa cyahuriranye no gutera ibiti muri iyi […]

Kamonyi: Abaturage 16 borojwe inka zihaka n’Itorero EPR

Abaturage batishoboye bo mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi borojwe Inka na Église Presbyteriénne au Rwanda (EPR) mu rwego rwo kubafasha kwivana mu bukene no kurwanya Imirire mibi. Aba baturage  bagabiwe inka bizeye ko izi nka zigiye kuzamura iterambere mu miryango yabo. Ni igikorwa cyakozwe n’Itorero EPR mu Rwanda Paruwasi ya Remera Rukoma […]

Gaz yagabanyije 1/2 cy’amafaranga ishuri ryaguraga inkwi

KAMONYI: Ubuyobozi bw’Ishuri Sainte Bernadette buvuga ko Gaz ishuri ryifashisha mu gutekera abanyeshuri yatumye amafaranga angana na miliyoni 4 ku gihembwe agabanuka ku kigero gishimishije kuko bakoresha 1/2 cy’ayo bakoreshaga. Ni ibyo Ubuyobozi bw’Ishuri Sainte Bernadette bwabwiye UMUSEKE ubwo hasurwaga imishinga yegerejwe abatuye Akarere ka Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara two mu Ntara y’Amajyepfo. Umuyobozi […]

Huye: Abagabo barembejwe n’inkoni z’abagore bishakiye

Hari abagabo bo mu Karere ka Huye bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo, bikabatera kwahukana aho gukomeza gukubitwa amanywa n’ijoro, barasaba ubutabera. Abo bagabo bavuga ko bibabaje kuba bahondagurwa n’abagore bishakiye ngo bubake umuryango utekanye ufitiye igihugu akamaro. Bamwe muri aba bagabo bo mu Murenge wa Mbazi bavuga ko inkoni bakubitwa n’abagore babo zabakuye […]

Nyagatare: Umurinzi w’ ishuri yishwe n’abagizi ba nabi

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko wakoraga akazi k’izamu ahari kubakwa ishuri mu Mudugudu wa Kinihira, Akagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare, Akarere ka Nyagatare, yishwe atemwe  n’abagizi ba nabi bataramenyekana . Hakorimana Gaspard utuye muri uwo Murenge yakoraga akazi k’izamu aharimo kwagurirwa Ishuri Mpuzamahanga ryitiriwe Umusamariya (Samaritan International School). Abaturiye iryo shuri bavuga ko uyu muturage […]