Mu mwaka umwe hakiriwe ibirego 4,138 by’abana basambanyijwe

*Icyaha cyo gusambanya umwana ntigisaza.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) iravuga ko mu mwaka wa 2024–2025 rwakiriye ibirego 4,138 by’abana basambanyijwe. Muri abo bana, abakobwa bangana na 95,6% mu gihe abahungu bangana na 4,4%.

Ni ibyatangajwe na Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ku wa Mbere, tariki ya 25 Gicurasi 2026, mu kiganiro ku ruhare rw’itangazamakuru mu gukumira no kurwanya icyaha cyo gusambanya abana n’inda ziterwa abangavu.

Dr. Murangira yerekanye ko mu mwaka wa 2024–2025, RIB yakiriye ikanagenza ibirego 4,138, birimo 2,103 byakiriwe kuva muri Nyakanga kugeza mu Ukuboza 2024, n’ibindi birego 2,035 byakiriwe kuva muri Mutarama 2025 kugeza muri Kamena 2025.

Iyi mibare igaragaza ko Intara y’Iburasirazuba iza imbere mu kugira ibirego byinshi byo gusambanya abana, kuko iri ku kigero cya 34%, Amajyepfo 21,6%, Umujyi wa Kigali ukagira ijanisha rya 17,9%, Uburengerazuba 17,7%, mu gihe Amajyaruguru afite 8,8%.

Ku rwego rw’Uturere, Gasabo iza ku isonga mu kugira dosiye nyinshi zagenzuwe na RIB zijyanye n’icyaha cyo gusambanya abana, kuko ifite 8,4%, Nyagatare 7,7%, Bugesera 5,6%, Rwamagana 5%, naho Akarere ka Kicukiro kakagira 4,9%.

Dr. Murangira ashimangira ko abana b’abahungu n’abakobwa bose basambanywa, ariko abakobwa akaba ari bo bibasirwa cyane ku kigero cya 95,6%, mu gihe abahungu bari ku kigero cya 4,4%.

Ati: “Iyo tugendeye ku mibare, igitsina gabo gikekwaho gusambanya abana kiri ku kigero cya 97,1%, mu gihe igitsina gore kiri ku kigero cya 2,9%.”

Isesengura rya RIB rigaragaza ko abana bari hagati y’imyaka 14 na 17 ari bo bibasirwa cyane mu gusambanywa, hagakurikiraho abari hagati y’imyaka 0 na 9, hakaza abari hagati y’imyaka 10 na 15.

Dr. Murangira ati: “Hano igisobanuro kirimo ni uko abafite imyaka 14 kugeza kuri 17 na bo ari abana bari mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu, aho baba bari mu bihe by’impinduka nyinshi. Aba na bo bibasirwa cyane.”

Agaragaza ko ku bana basambanywa bari hagati y’imyaka 14 na 17 hari abatavuga, kuko baterwa ubwoba n’ababasambanyije bababwira ko ari bo babyiteye, bikarangira bishyizeho amakosa.

Imibare ya RIB kandi igaragaza ko abasambanya abana benshi bari mu kigero cy’imyaka 18 na 24, ku kigero cya 42%.

Umuvugizi wa RIB ati: “Urumva na cyo ni icyiciro kiri mu myaka y’ubugimbi n’ubwangavu, bakeneye kwigishwa ko kuba uri muri iyo myaka bitaguha uburenganzira bwo guhohotera abandi.”

Dr. Murangira yagaragarije abanyamakuru imiterere y’icyaha cyo gusambanya abana

Itegeko ntirijenjetse ku basambanya abana

Itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo ya 14 ahavugwamo icyaha cyo gusambanya umwana ivuga ko Ingingo ya 133 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ihinduwe ku buryo bukurikira:

Umuntu ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa bishingiye ku gitsina bikurikira aba akoze icyaha: gushyira igitsina cy’umuntu mu gitsina, mu  kibuno cyangwa mu kanwa by’umwana; gushyira urugingo urwo ari rwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina cyangwa mu kibuno cy’umwana, gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri.

Umuntu uhamijwe n’urukiko gukora kimwe mu bikorwa bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana uri munsi y’imyaka 14 igihano kiba igifungo cya burundu.

Iyo gusambanya umwana byakorewe ku mwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 byamuteye indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.

Iyo umuntu mukuru asambanyije umwana bigakurikirwa no kumugira umugabo cyangwa umugore, igihano kiba igifungo cya burundu.

Iyo umwana ufite imyaka 14 ariko atarageza ku myaka 18 asambanyije umwana ufite imyaka 14 ariko utarageza ku myaka 18 akoresheje kiboko, ibikangisho, uburiganya cyangwa abikoze ku bw’intege nke z’uwakorewe icyaha, cyangwa yamuhaye ibintu bimuca intege, ahanwa hakurikijwe ibiteganywa mu ngingo ya 54 y’iri tegeko.

Icyaha cyo gusambanya umwana ntigisaza.

Inzego zitandukanye zikomeje urugamba rwo guhashya abasambanya abana

MUGIRANEZA THIERRY / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *