Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yagaragaje ko umukino wahuje amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Arsenal FC na Atlético Madrid wari uryoheye ijisho, ndetse ashima Arsenal FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atlético Madrid.
Umukino wa ½ wo kwishyura muri UEFA Champions League ahuje aya makipe yombi, wabaye mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 5 Gicurasi 2026.
Arsenal yakiniraga uyu mukino kuri Emirates Stadium yayo, yatangiye umukino igerageza gukinira mu kibuga cya Atlético Madrid cyane.
Ibi byatumye ku munota wa 44’ Bukayo Saka atsindira Abarashi igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, bituma iyi kipe yo mu Bwongereza igira igiteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Ni umupira wabanje guterwa na Leandro Trossard, umunyezamu wa ATM awugaruye, usanga Bukayo ahagaze neza ahita awusubiza mu rushundura, maze ab’i Londres bose binaga ibicu.
Nyuma y’uyu mukino, Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi ukomeye wa Arsenal FC, yashyize ubutumwa kuri X bugaragaza ko wari umukino mwiza ku mpande zombi.
Ati “Umukino mwiza hagati y’amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Atletico Madrid na Arsenal. Mwakoze cyane Arsenal FC ku ntsinzi no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.”
Kuri uyu wa 6 Gicurasi 2026, ni bwo haza kumenyekana ikipe izahurira na Arsenal ku mukino wa nyuma.
Hateganyijwe undi mukino wa ½ uza guhuza Bayern Munchen na Paris Saint Germain na zo zisanzwe zifitanye ubufatanye na Visit Rwanda. Umukino ubanza wari warangiye PSG iwayo itsinze Bayern Munchen 5-4.
Iza gusezerera indi hagati y’izi, izahurira n’Abarashi ku mukino wa nyuma i Budapest ku wa 30 Gicurasi 2026.
Iyi kipe y’i Londres yaherukaga ku mukino wa UEFA Champions League, mu 2006 ubwo yahatsindirwaga na FC Barcelona.



UMUSEKE.RW
