Ubwo hasozwaga agace ka kabiri ka Shampiyona ya Volleyball ikinirwa ku mucanga [Beach-Volleyball], ikipe ya Kanamugire Prince & Mbonigaba Vincent, yegukanye igikombe mu bagabo mu gihe mu bagore cyegukanywe n’iya Uwase Huguette & Ingabire Hyacinthe.
Guhera ku wa Gatanu, tariki ya 26 kugeza ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, mu Karere ka Rwamagana ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi, habereye imikino y’agace ka kabiri muri Shampiyona ya Beach-Volleyball.
Ni imikino ihuza abakinnyi basanzwe bakina uyu mukino mu byiciro byombi, ndetse isanzwe iri ku ngengabihe y’amarushanwa y’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda.
Habanje gukinwa imikino y’ijonjora ry’ibanze, hakurikiraho ya 1/8, ¼, ½ n’iya nyuma yahuje amakipe yitwaye neza.
Mu cyiciro cy’abagabo, ikipe igizwe na Kanamugire & Vincent, yabanje gusezerera iyari igizwe na Mugisha & Semwaga nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0 muri 1/8 mu gihe muri ¼ iyi kipe yongeye gusezerera iya Valentin na Shyaka nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0.
Muri ½, ikipe ya Prince & Mbonigaba yasezereye iya Matsiko & Gasore nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0.
Ku rundi ruhande, ikipe yari igizwe na Gloire & Gatsinzi yasezereye iya Manzi & Ivan muri 1/8 nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0 kuri mpaga, mu gihe muri ¼ yasezereye iya Inema & Joshua nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0 mu gihe muri ½ yasezereye iya Mandela & Revis nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0.
Muri iki cyiciro cy’abagabo, ayo makipe yombi yahuriye ku mukino wa nyuma, maze iya Kanamugire & Vincent yegukana igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Gloire & Gatsinzi amaseti 2-0.
Mu cyiciro cy’abagore, ikipe igizwe ya Uwasa & Ingabire yatangiye isezerera iya Celine & Cynthia muri ¼ nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0, mu gihe muri ½ yasezereye iya Nirere & Musabyimana ku ntsinzi y’amaseti 2-1.
Ikipe ya Aline & Divine yasezereye iya Hope & Yvette muri ¼ nyuma yo kuyitsinda amaseti 2-0 mu gihe muri ½ yasezereye iya Léonce & Patience ku ntsinzi y’amaseti 2-0.
Ikipe ya Uwase & Ingabire yakomerejeho yegukana igikombe nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma iya Aline & Divine amaseti 2-1.
Muri iki cyiciro n’ubundi, ikipe ya Nirere & Musabyimana ni yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda iya Léonce & Patience amaseti 2-1 mu gihe mu bagabo, iya Mandela & Revis ari yo yawegukanye nyuma yo gutsinda iya Matsiko & Gasore amaseti 2-0.





















UMUSEKE.RW
