Browsing category

Kwibuka

Muhanga: Basabwe gufata ingamba no guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 , Depite Kalinijabo Barthelem  avuga ko Abanyarwanda bakwiriye gufata ingamba zo guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside kuko imaze gufata intera ndende. Depite Kalinijabo Barthelem avuga ko abakoloni bagiye bahererekanya ingengabitekerezo ya Jenoside bigisha abahutu kwica  bagenzi babo b’Abatutsi bababwira ko nta sano bafitanye. […]

Minisitiri Bizimana yagaragaje uko u Bubiligi bumaze imyaka 109 busenya u Rwanda

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasobanuye uruhare rw’u Bubiligi mu gusenya u Rwanda mu gihe cy’imyaka 109, aho n’ubu budacogora kurugendaho. Ni mu ijambo yavugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, tariki 7 Mata 2025, ubwo hatangizwaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Minisitiri w’Ubumwe […]

Kwibuka31: Perezida Kagame na Madamu bacanye urumuri rw’icyizere

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye kandi  inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi, banashyira indabo ku mva ziruhukiyemo. Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aharuhukiye imibiri y’abazize Jenoside […]

Arsenal FC yifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka31

Ikipe ya Arsenal FC yafashe mu mugongo Abanyarwanda mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni ubutumwa batanze mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu gutangira Icyumweru cy’Icyunamo n’umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ni bo batangije iki […]

Kwibuka31: Bimwe mu byaranze tariki 7 Mata 1994

Jenoside yakorewe Abatutsi yarateguwe, bikaba bigaragarira mu bikorwa by’ubwicanyi, amagambo y’urwango byayibanjirije, ariko by’umwihariko umugambi wa Jenoside ugaragarira mu buryo ubwicanyi bwatangiriye rimwe mu Rwanda, ubwicanyi busa, bwibasira abatutsi, abana, abakuze, abagore, abarwayi mu bitaro, mu nsengero na za Kiliziya, n’ahandi. Abateguye Jenoside bamaze guhanura indege ya Habyarimana, Colonel Theoneste Bagosora n’abandi bahezanguni  bakoresheje inama […]

Hatangajwe inyoborabikorwa mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yatangaje inyoborabikorwa n’ingengabihe mu gihe u Rwanda n’Isi yose bizaba byibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana inzirakarengana zirenga miliyoni imwe. Inyandiko yashyizwe hanze na MINUBUMWE igaragaza ko mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizatangira ku ya 7 Mata 2025, […]

Abashoferi bambukiranya imipaka bahize kurwanya ingengabitekerezo  ya Jenoside

Bamwe mu bashoferi batwara amakamyo yambukiranya imipaka, bibumbiye muri Sendika (ACPLRWA)   biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside aho ari hose.  Babigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 8 Kamena 2024, ubwo bibukaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gikorwa bakoreye ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku gisozi. Abo bashoferi barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga basobanuriwe […]

Abanyeshuri ba Kaminuza basabwe kwamagana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Gicumbi: Abakozi n’abarimu ba UTAB basabwe kuba umusemburo wo kwamagana abagoreka amateka bagamije kubiba urwango, no kugarura amacakubiri, biyemeza gufata iya mbere mu gutanga umusanzu wo kubamagana. Abiga muri Utab (University of technology and Arts of Byumba) batangaje ko hari byinshi bamaze kumenya cyane cyane ku bigendanye n’abashaka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi binyujijwe […]

Abaganga bijanditse mu bwicanyi mu gihe cya Jenoside bagawe

Nyanza: Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyanza buranenga abaganga bijanditse mu bwicanyi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ubwo mu bitaro by’akarere ka Nyanza bibukaga ku nshuro ya 30 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuyobozi w’ibitaro bya Nyanza SP Docteur Samuel Nkundibiza yanenze abari abaganga bijanditse mu bwicanyi mu gihe cya jenoside. Yagize ati “Birababaje […]