Browsing category

Ubukungu

Rwanda: Ubukene mu baturage bwaragabanutse mu myaka 7 ishize – EICV7 

Rwanda: Ubukene mu baturage bwaragabanutse mu myaka 7 ishize – EICV7 

Abantu miiyoni imwe n’ibihumbi magana atanu mu Rwanda, bavuye mu bukene mu gihe cy’imyaka irindwi kuva mu 2017 kugeza mu 2024. Ni ibikubiye mu Bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’Ingo muri rusange (EICV7) bwashyizwe hanze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2025. Ubu bushakashatsi bwa EICV7 bwerekanye ko ubukene mu […]

Twarwanya ruswa dute kandi abayitangaho amakuru bakiri bake?

Twarwanya ruswa dute kandi abayitangaho amakuru bakiri bake?

U Rwanda ni igihugu gishimirwa n’abagisura, impuguke ndetse n’imiryango mpuzamahanga itandukanye ko gikataje mu ku rwanya ruswa, kandi ko ubushake bwa politiki mu kuyirwanya bugaragarira benshi. Nkuko bikubiye muri raporo iheruka ya 2024 y’umuryango mpuzamahanga, Transparency International, u Rwanda ni urwa gatatu muri Afurika yose, urwa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse rukaba urwa 43 ku […]

Gushyira ibihingwa mu bwishingizi byafashije abagore bo mu Majyaruguru

Gushyira ibihingwa mu bwishingizi byafashije abagore bo mu Majyaruguru

Bamwe mu bagore bari mu buhinzi mu Ntara y’Amajyaruguru,  mu turere twa Rulindo na Burera, barashima gahunda ya leta yo gushinganisha imyaka n’amatungo. Muri 2019, Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda ya ‘Tekana Urishingiwe Muhinzi-Mworozi” igamije  guha amahirwe abahinzi n’aborozi gufata  ubwishingizi bw’imyaka n’amatungo. Ni gahunda abahinzi n’aborozi bashimye kuko bajyaga bahura n’ibihombo  bitandukanye bakabura aho babariza. […]

Abahanga mu mibare, siyansi n’ikoranabuhanga bashyizwe igorora

Ikigo Nyafurika cy’Ubumenyi Bushingiye ku Mibare (AIMS) cyatangije gahunda yiswe ‘AIMS Rwanda Incubator’, igamije gufasha abasoje amasomo mu Mibare, Siyansi n’Ikoranabuhanga kubongerera ubumenyi mu guhanga udushya no guteza imbere imishinga yabo y’ubucuruzi. Iki gikorwa cyatangiye ku wa 2 Mata 2025, aho ku ikubitiro hatoranyijwe imishinga ibiri yagaragaje icyizere kurusha iyindi. Hanatashywe icyumba cyiswe ‘Eureka Mu […]

Ibiti n’imigano biteye ku Muvumba byazanye impinduka ku mibereho y’abaturage

Nyagatare: Bamwe mu baturage bahinga mu kibaya  kiri mu gishanga  cya  Cyonyo  mu nkengero z’umugezi w’Umuvumba mu Karere ka Nyagatare babwiye UMUSEKE ko ibiti by’imikinga n’imigano Leta yateye mu nkengero z’uyu mugezi byatumye ubutaka n’imyaka yabo bitakitwarwa  n’isuri. Umwe muri aba bahinzi Hatangimana Marc mu Mudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga  Umurenge wa Nyagatare avuga […]

Hagaragajwe uruhare rw’Ababaruramari b’umwuga mu iterambere ry’igihugu

Urugaga Nyarwanda rw’Ababaruramari b’Umwuga (ICPAR) rwatangaje ko Ibaruramari rikozwe kinyamwuga, rigira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu n’imibereho y’abaturage. Ibi  byagarutsweho mu kiganiro n’itangazamakuru, giteguza inama ya munani, izahuza Ababaruramari b’Umwuga baturutse mu bihugu bya Afurika, ikazaba  kuva tariki ya 6 kugeza tariki ya 9 Gicurasi uyu mwaka, i Kigali mu Rwanda. Mu kigianiro n’ itangazamakuru cyabaye […]

Arenga Miliyari 6frw amaze gushumbushwa abahinzi n’aborozi  bafashe ubwishingizi

 IKigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB SPIU), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, gisobanura ko amafaranga angana na Miliyari 6,4Frw yashyikirijwe abahinzi n’aborozi mu kubafasha kwikura mu bihombo nyuma yo gushinganisha imyaka n’amatungo muri gahunda ya “TEKANA URISHINGIWE Muhinzi Mworozi’’. Hashize imyaka itandatu Guverinoma y’u Rwanda itangije gahunda ya ‘Tekana Urishingiwe Muhinzi-Mworozi” igamije  guha amahirwe abahinzi […]

Urubyiruko rwasabwe kutarangamira inkunga z’intica ntikize

MUSANZE: Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze by’umwihariko urwiga mu mashuri makuru na za kaminuza, basabwe kugira umuco wo kwizigamira hakiri kare, aho gutegereza ibizava mu maboko y’abandi n’inkunga z’intica ntikize. Ni nyuma y’uko bamwe mu rubyiruko rwo muri aka Karere no hirya no hino mu gihugu rudahwema kugaragaza ko rufite imishinga ibyara inyungu ariko […]

Ibigo byitwaye neza byashimiwe muri Consumers Choice Awards 2025

Ibigo icyenda bikorera mu Rwanda byashyikirijwe ibihembo bya Consumers Choice Awards bitegurwa na Sosiyete ya Karisimbi Events, bishimirwa umuhate bishyira mu gutanga serivisi zinoze ndetse no gufata neza ababigana. Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya kane byatangiwe mu birori byabereye kuri M Hotel ku mugoroba wa tariki 28 Werurwe 2025. Ibigo byashimiwe biri mu byiciro […]

Rubavu: Abagore 9 n’umugabo batawe muri yombi bakora ibitemewe

Rubavu, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 10 barimo abagore 9 n’umugabo umwe bakora ivunjisha ritemewe mu bice by’imipaka, ahazwi nka Petite na Grande Barriere . Aba bakekwaho gukorera ivunjisha mu buryo butemewe bafatiwe mu mukwabu wakozwe tariki ya 27 Werurwe 2025, hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage. Mu bafashwe bagizwe n’abagore icyenda n’umugabo umwe. […]