Browsing category

Inkuru Nyamukuru

Ibigo byitwaye neza byashimiwe muri Consumers Choice Awards 2025

Ibigo byitwaye neza byashimiwe muri Consumers Choice Awards 2025

Ibigo icyenda bikorera mu Rwanda byashyikirijwe ibihembo bya Consumers Choice Awards bitegurwa na Sosiyete ya Karisimbi Events, bishimirwa umuhate bishyira mu gutanga serivisi zinoze ndetse no gufata neza ababigana. Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya kane byatangiwe mu birori byabereye muri Century Park Hotel & Residences i Nyarutarama ku mugoroba wa tariki 21 Gicurasi 2024. […]

Congo – hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Tshisekedi

Congo – hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Tshisekedi

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yabwiye imbaga y’abaturage ko hageragejwe Coup d’Etats 100 zigamije guhirika Perezida Felix Tshisekedi. Uyu mugabo Mutamba akunze kumvikana avuga amagambo “bamwe bafata nk’ayo gushaka igikundiro” muri politiki. Muri iyi nama yarimo imbaga y’abantu i Kinshasa, Constant Mutamba yavuze ko mu ntambara ziri muri Repubulika ya Demokarasi ya […]

UPDATES: Ba Gitifu 4 b’Imirenge basezeye akazi muri Nyamasheke

UPDATES: Ba Gitifu 4 b’Imirenge basezeye akazi muri Nyamasheke

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bagera kuri bane banditse basezera ku kazi kabo mu Karere ka Nyamasheke, aya makuru ntabwo “ku mpamvu zabo bwite” ubuyobozi bwabyemereye UMUSEKE. Abanyamabanga Nshingwabikorwa 4 b’Imirenge banditse basezera ku mirimo yabo mu gitondo cyo  kuri uyu wa 29 Werurwe 2025. Abasezeye ni Mudahigwa Félix wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Nabagize Justine […]

Abasirikare bato muri Congo bagiye guhembwa basohoka muri Banki bamwenyura

Abasirikare bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagiye guhembwa basanga umushahara wabo wakubwe inshuro ebyiri, hari hashize igihe perezida Antoine Felix Tshisekedi abyiyemeje. Radio Okapi ivuga ko ku wa Gatanu ubwo abasirikare bajyaga guhembwa umushahara w’ukwezi kwa Gatatu basanze bitandukanye n’uko byari bisanzwe, basohoka muri bank bamwenyura. Abasirikare basanze umushahara wabo ungana n’amadolari 100 […]

Abo muri Green Party basabwe guhashya ingengabitekerezo ya Jenoside

GAKENKE: Abarwanashyaka ba Democratic Green Party Rwanda bo mu Karere ka Gakenke bibukijwe ko guhashya no kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside ari umukoro wa buri wese, kugira ngo bakomeze gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda. Ni umukoro wahawe abahagarariye abandi muri iri shyaka mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 28 Werurwe 2025, mu nama yahujwe n’amahugurwa. Basabwe guharanira […]

M23/AFC na SADC byagiranye amasezerano adasanzwe

I Goma mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo bifatanya kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, byasinyanye amasezerano n’ingabo ya SADC arimo no gucyura mu mahoro izo ngabo. Mu byishimo abasirikare ba Africa y’Epfo n’abo mu bindi bihugu bifite ingabo muri SAMIDRC bagaragaye ku meza amwe basangira amafunguro, ndetse banafata […]

Rubavu: Abagore 9 n’umugabo batawe muri yombi bakora ibitemewe

Rubavu, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu 10 barimo abagore 9 n’umugabo umwe bakora ivunjisha ritemewe mu bice by’imipaka, ahazwi nka Petite na Grande Barriere . Aba bakekwaho gukorera ivunjisha mu buryo butemewe bafatiwe mu mukwabu wakozwe tariki ya 27 Werurwe 2025, hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage. Mu bafashwe bagizwe n’abagore icyenda n’umugabo umwe. […]

Uturere twa Karongi na Rusizi twabonye abayobozi bashya

Akarere ka Rusizi n’aka Karongi twombi two mu Ntara y’Iburengerazuba, twamaze kubona abayobozi bashya. Utu turere twari tumaze amezi atanu tuyobowe na Komite Nyobozi z’agateganyo, kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, twatoye abagomba kutuyobora, Uyu munsi hatowe abagomba   kuzuza Inama Njyanama z’Uturere twa Burera, Karongi, Rusizi, Nyamasheke, Kamonyi, Muhanga na Bugesera. Muzungu […]

Muhanga: Uwatorewe kuyobora Njyanama yahize gukura urubyiruko mu bushomeri

Nshimiyimana Gilbert watorewe kuyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, avuga ko azafasha Urubyiruko kwihangira imirimo bagasezerera ubushomeri. Iyi migabo n’imigambi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga mushya, yabivuze mbere na nyuma yo gutorerwa izi nshingano. Nshimiyimana avuga ko ashingiye ku burambe afite n’akazi yagiye akora ko guhuza Urubyiruko rudafite imirimo n’amahirwe igihugu cyabahaye bizamworohera gushyira […]

RIB igomba gufatanya n’inzego ngo ubutabera butangwe vuba kandi neza- Perezida KAGAME

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukomeza gukorana n’izindi nzego kugira ngo zitange ubutabera vuba kandi mu mucyo. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, ubwo yakiraga indahiro y’Umunyamabanga mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha,Col Pacifique Kayigamba Kabanda. Umukuru w’igihugu yabanje  gushima intambwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha,RIB,rugezeho mu kugenza ibyaha. […]